RFL
Kigali

Granit Xhaka yasabye imbabazi nyuma yo kubwirwa amagambo ateye ubwoba n’abafana ba Arsenal

Yanditswe na: Editor
Taliki:1/11/2019 10:47
0


Nyuma y'uko abafana ba Arsenal bagaragaje ko batishimiye imyitwarire ya Granit Xhaka ku mukino wa Crystal Palace yasohotse mu kibuga anabatutse, maze nabo bakajya ku mbuga nkoranyamaba bamubwira amagambo ateye ubwoba yuzuyemo urugomo, yaciye bugufi abasaba imbabazi ababwira ko yabitewe n’umujinya.




Xhaka ntiyishimiye gusimbuzwa ku mukino wa Crystal Palace

Granit Xhaka wasimbujwe Bukayo Saka ku munota wa 61 ku mukino Arsenal yanganyije na Crystal Palace ibitego 2-2, ntiyashimishijwe n’umwanzuro umutoza Unai Emery yafashe wo kumukura mu kibuga, maze asohoka atishimye. Abafana ba Arsenal baramukomereye maze nawe akora ibimenyetso byo kubereka ko nawe atabishimiye bigaragaza ibitutsi.

Nyuma y'icyo gikorwa Xhaka yakoze umubare mwinshi w’abafana ba Arsenal bamusabiye kwamburwa igitambaro cy’ubukapiteni kuko ngo babona atagikwiye bo bifuzaga ko cyahabwa umunya Brazil David Luiz, ariko Unai Emery ntiyihutiye kumva ibyo bavuga, ahubwo avuga ko hari gutegurwa inama izamuhuza n’abakinnyi bagasuzuma imyitwarire ya kapiteni w’iyi kipe.

Nyuma y’ibyo byose byabaye kapiteni w’ikipe ya Arsenal Granit Xhaka yatanze ibisobanuro birambuye ku bwa buri kimwe mu ibaruwa yandikiye ikipe ya Arsenal anasaba imbabazi abafana b’iyi kipe.

Muri iyi baruwa Xhaka yanditse harimo amagambo akomeye anateye ubwoba  yabwiwe n’abafana b’ikipe ya Arsenal babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho bamubwiye ko bazamuvunagura amaguru, bakanica umugore we ndetse ko banifuza ko umukobwa we yarwara kanseri.

Mu ibaruwa ye Xhaka akomeza avuga ko hari hashize iminsi abafana ba Arsenal bamubwira amagambo atari meza nawe bikagera aho bimurenga. Yavuze ko akunda ikipe ya Arsenal kandi ko yifuza ko yagera kuri byinshi byiza.

Yasabye imbabazi abafana ba Arsenal abasaba kurenga ibyashize ahubwo bagashyira hamwe bagashyigikira ikipe yabo kuko bahuje imbaraga byatanga umusaruro mwiza.

Granit Xhaka ntiyigeze akoreshwa n’umutoza Unai Emery ku mukino bakinnye na Liverpool ikabasezerera kuri penaliti muri Carabao Cup.

Haracyashidikanywa niba Xhaka azakoreshwa ku mukino Arsenal izakina na Wolves ku wa Gatandatu, gusa ariko amahirwe ahari ni uko ashobora kujya muri 18 ariko ntabanze mu kibuga.

Iyi ni ibaruwa Granit Xhaka yandikiye umuryango mugari wa Arsenal

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND