RFL
Kigali

Ku bufatanye na SG Sports amakipe ane yo mu Rwanda yabimburiye ayandi mu kubyaza umusaruro abafana

Yanditswe na: Editor
Taliki:31/10/2019 11:17
0


SG Sports ni Kompani yo muri Tanzania yamuritse ku mugaragaro ubufatanye n’amakipe ane yo mu Rwanda, aho izajya iyafasha mu kubona ibikoresho byose bikenerwa n’ikipe ikina umupira w’amaguru. Ubu bufatanye buzatuma abafana bagira uruhare mu mibereho y’ikipe binyuze mu kugura imyambaro y’ikipe ukunda.




AS Muhanga, Bugesera FC, Kiyovu Sport na Musanze Fc nizo zikorana na SG Sports

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Ukwakira 2019, wayobowe na Simon Sanga uyobora SG Sports aho yari kumwe n’abahagarariye amakipe ya Bugesera, Musanze, As Muhanga na Kiyovu Sports kuri ubu bafitanye imikoranire.


Simon Sanga umuyobozi mukuru wa SG Sports

SG Sports mu byo bemeranijwe n’aya makipe ane ku ikubitiro bagiranye imikoranire, nuko bamaze kubaha imyenda yo kwambara mu mikino bakiriye ndetse banasohotse, bahabwa  imyenda yo gukorana imyitozo, kwishyushyanya (Warm Up), imyenda y’abafana, Chasibles, Gants, amatiriningi, imipira yo gukina n’ibindi bikoresho byose bikenerwa n’umukinnyi. Akarusho k’iyi Kompani ni uko izajya yambika amakipe n’abafana bayo imyambaro yose isa kandi ikoze kimwe.


Ikipe ya Kiyovu Sport yahawe na SG Sport amatrining meza yo kwambara

Umuyobozi wa SG Sports Simon Sanga yatangaje ko intego yabo ari ugutuma amakipe asa neza bikaba byakurura abaterankunga kandi bitabahenze.

Yagize ati: “Twahoraga dukangurira amakipe y’iwacu kutugana kuko tuzi ubushobozi bwabo, tukabakorera imyenda ku giciro gito. Biragoye ko babona umuterankunga nka Adidas cyangwa undi kuko hari icyo bisaba, haracyari byinshi byo gukora kugira ngo bagere kuri urwo rwego,“Twe icyo dushaka ni ukubambika bagasa hakagaragara itandukaniro n’andi makipe tudakorana kandi n’abafana bakagira uruhare mu kubaho kw’ikipe bagura imyenda yayo myiza”.

SG Sports yatangiye imikoranire n’aya makipe mu rwego rwo kubambika no kubafasha kubyaza umusaruro abafana babo binyuze mu myambaro , ni Kompani nyafrika  yo mu gihugu cya Tanzania yafunguye imiryango mu Rwanda muri uyu mwaka.

Aya makipe yose uko aria ne yatangiye gukorana n’iyi kompani ashima uburyo ikora ndetse n’ubudasa yazanye mu Rwanda bityo gashishikariza andi makipe ko hari ibanga ataramenya ryo kugana SG Sports  kuko buri wese uko yifite yambikwa neza agahabwa n’ibikoresho byiza kandi biramba.


Umunyamabanga w'ikipe ya Bugesera FC Sam Karenzi

Sam Karenzi, umunyamabanga mukuru wa Bugesera FC, imwe mu makipe yambikwa na SG Sports, wanahishuye ko ari ubwa mbere mu mateka iyi kipe igiye kugira imyenda yo kwishyushyanya, yavuze ko iyi kompani yaje guhindura amateka n’imibereho y’amakipe.

Yagize ati “Urebye  iyi Kompani idufatiye runini kuko hari byinshi idufashamo kandi hari na byinshi byahindutse mu mibereho yacu bikaba bigiye no gufasha abafana bacu ndetse natwe ubwacu”.

Kompani ya SG Sports ikaba isanzwe ikorana n’amakipe atandukanye yo muri Tanzania, ikaba yarafunguye imiryango mu Rwanda bakaba banafite intego zo gufungura imiryango mu bihugu bitandukanye byo muri Afrika harimo n’u Burundi. Ikindi kandi ikaba ifite n'ibikoresho by'indi mikino yindi itandukanye.


AS Muhanga nayo yahawe na SG Sports ibikoresho byose bikenerwa n'ikipe

Amakipe yo mu Rwanda yatangiye gukorana na SG Sports arashima imikoranire yayo myiza akaba anifuza ko basinyana amasezerano y’igihe kirekire, akanashishikariza andi makipe kuyigana.

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND