RFL
Kigali

Ikipe ya Police FC ifite intego yo guhindura amateka kuri APR FC imaze imyaka 6 yarayinaniye

Yanditswe na: Editor
Taliki:29/10/2019 17:07
0


Mu myitozo ya nyuma ibanziriza umukino Police Fc izakina na APR Fc ku munsi wejo, yabereye kuri Stade ya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, abakinnyi ba Police Fc bibanze ku buryo bwo gusatira no kugarira. Intego iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda ifite ngo ni ugutsinda APR FC ubundi bagasibanganya amateka mabi bafite kuri APR FC.




Mu myitozo ya nyuma y'abakinnyi ba Plice Fc bakoze n'imyitozo ngororangingo

Ni imyitozo yamaze amasaha abiri, umutoza Haringingo Francis utoza Police FC akaba yibanze ku bice bibiri by’ingenzi. Icyambere bibanzeho, ni uburyo bwo kugarira mu gihe hari imipira iturutse ku mpande cyanecyane ko APR FC bazakina ikunda gukoresha impande zombi. Ubundi buryo bibanzeho ni ugusatira izamu ry’uwo muhanganye unyuze ku mpande ukagarura imipira mu rubuga rw’umunyezamu maze ba rutahizamu bakabona amahirwe yo gutsinda.  Abakinnyi kandi banakoze indi myitozo ngororamubiri ariko itamaze igihe kinini.


Mico Justin yiteguye kuzahangana na Manzi Thierry na Mutsinzi Ange

Abakinnyi ba Police Fc ndetse n’abatoza, yewe n’abafana bacye bari bitabiriye imyitozo wabonaga bifitiye icyizere cyo kuzabona umusaruro mwiza imbere ya APR FC ku munsi wejo. Uretse kubwimana Cedric utari mu myitozo abandi bakinnyi bose barahari kandi nta kibazo bafite.


Savio azaba akina n'ikipe yamwirukanye

Mu mikino ya shampiyona yahuje aya makipe usanga kenshi akunda kunganya, Police Fc ifite amateka mabi imbere ya APR Fc kuko uhereye mu mwaka wa 2013 kugeza magingo aya imikino ibaye 13 muri shampiyona y’u Rwanda nta ntsinzi. Usubije amaso inyuma usanga APR FC yaratsinzemo imikino 4, ubundi amakipe anganya imikino 9. Mu mikino 5 iheruka guhuza aya makipe APR FC yatsinzemo ibiri ubundi imikino itatu isigaye barayinganya.

Iyo uteye icyumvirizo mu bakinnyi ndetse n’abatoza ba Police Fc bakubwira ko icyo bashaka ari ugufungura paji nshya y’amateka meza Police Fc yatsinze APR FC muri shampiyona y’u Rwanda kandi ibyo ngo bagomba kubitangira ku munsi wejo.

Savio Nshuti Dominique yakiniye APR Fc kuri ubu akina muri Police Fc, avuga ko intego y’abakinnyi bose ari ugukuraho amateka asanzwe ariho hagati ya APR FC na Police FC. Yagize ati ”Dushaka gukuraho amateka ariho ni cyo kintu bari kudushyira mu mitwe, nicyo ubuyobozi buri kutuganiriza kuko amateka atari meza  ariko turashaka uko twayahindura kuko ikipe yarivuguruye mu buryo bwose, turumva twiyizeye kandi dufite ubushobozi bwo kuba twahindura amateka”.


Guhindura amateka ni yo ntego y'abakinnyi ndetse n'abatoza ba Police Fc

Haringingo Francis ni umutoza wa Police Fc avuga ko imyitozo abakinnyi bakoze imuha icyizere cyo guhindura amateka iyi kipe ifite kuri APR FC. Yagize ati ”Abakinnyi bakoze imyitozo myiza impa icyizere cyo guhindura amateka mabi Police FC ifite kuri APR FC, nde ntabwo nita kubyarangiye kuko ndashaka kubaka amateka mashya. Ni ikipe nziza tuzaba dukina ariko natwe turi ikipe nziza ntekereza ko tuzakina umupira mwiza kandi nizeye ko nzabona intsinzi”.


Haringingo yemeza ko afite ikipe yatwara igikombe cya Shampiyona

Mu mikino itanu ya shampiyona imaze gukinwa ikipe ya Police Fc ihagaze neza kuko itaratsindwa umukino n’umwe, yatsinze itatu inganya ibiri, bituma yicara ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda aho ifite amanota 11.





Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND