Kuri uy wa Gatandatu nyuma y’igikorwa cy’umuganda abafana ba Chelsea Fc bifatanije n’abaturage bo mu murenge wa Kigali, bakoze inama y’inteko rusange yigaga ku ngingo z’ingirakamaro zitandukanye ariko hanakirwa abanyamuryango 23 bashya bujuje ibyangombwa bisabwa.
Yari inama yitabiriwe n'abafana b'ikipe ya Chelsea mu Rwanda hose
Ni inama y’inteko rusange
yahuje abafana bose ba Chelsea FC mu Rwanda basanzwe bibumbiye mu cyitwa “Chelsea FC Official
Supporters Club – Kigali”. Ubusanzwe iri huriro ry’abafana
ba Chelsea FC mu Rwanda ryari rigizwe n’abanyamuryango
119, ariko kuri ubu bakaba babaye 142, nyuma yo kwakira abandi banyamuryango 23
na batatu bashya igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu mu nama y’inteko
rusange yabahuje, nyuma baje no gufata umwanya wo gusabana barishima.
Ihuriro ry'abafana ba Chelsea Fc mu Rwanda
Ihuriro ry’abafana ba
Chelsea Fc mu Rwanda “ Chelsea FC Official Supporters Club – Kigali” isanzwe
ikora ibikorwa byunganira igihugu mu iterambere ndetse n’imibereho myiza y’abaturarwanda,
birimo nubundi nk’iki gikorwa cy’umuganda bakoze kuri uyu wa Gatandatu mu
murenge wa Kigali nkuko Kalisa Fidele uyoboye iri huriro yabitangaje, “
Gukorera umuganda mu murenge wa Kigali niho twahisemo kujya kwifatanya n’abaturage
baho ikindi kandi iki gikorwa si gishya kuri twe kuko dusanzwe n’ubundi dukora
ibikorwa byinshi byunganira igihugu mu iterambere”.
Habayeho umwanya wo gusangira no gusabana kuri aba bafana ba Chelsea FC
Kalisa Fidele akomeza kandi
avuga ko mu myaka icyenda (9) bamaze
bavutse bishimira ko urugamba barwanye rwo kwemerwa mu rugaga rw’abafana ba
Chelsea ku rwego rw’isi bikagenda neza ari ikintu bumva gishimishije, dore ko
bemewe mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino.
Yagize ati “ Rwari urugamba rutoroshye byadusabye gutegereza
twihanganye ariko kuri ubu turishimira ko tuzwi ku isi mu rugaga rw’abafana ba
Chelsea.
“Chelsea FC Official
Supporters Club – Kigali” baheruka kwakira Didier Drogba wahoze ari rutahizamu
wa Chelsea FC avuga ko mu byo bavuganye birimo uburyo abafana bo mu Rwanda
bazajya bitabira imikino imwe n’imwe i Stamford Bridge mu mujyi wa Londre mu
Bwongereza ahabarizwa ikipe ya Chelsea.
Abanyamuryango 23 bashya binjiye mu ihuriro
rya “Chelsea FC Official Supporters Club –
Kigali”, bakaba baje gufatanya na bagenzi babo mu gukomeza kandi bakanateza
imbere iri huriro ari nako bagira uruhare mu iterambere ry’igihu binyuze muri
siporo.
Kuri ubu “Chelsea FC Official
Supporters Club – Kigali” igizwe n’abanyamuryango 142 bafite ibyangombwa,
hakaba hakiri umubare munini wasabye kwinjira muri iyi Fan club, imiryango
ikaba nubundi igifunguye ku bandi bose bafite ikipe ya Chelsea ku mutima.
Umwanditsi – SAFARI Garcon –
inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO