Ras Tafari Makonnen: Umubyeyi w’aba Rasta (Rastafarianism), Menya imvo n'imvano y’aba Rasta

Imyidagaduro - 28/10/2019 8:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Ras Tafari Makonnen: Umubyeyi w’aba Rasta (Rastafarianism), Menya imvo n'imvano y’aba Rasta

Ubukoloni muri Afurika, ni ikintu cyasize byinshi mu buzima bw’umugabane. Mu kuri, abantu bagerageje inzira zose ngo barwanye uburyo bw’ubunyamaswa bwakoreshwaga n’abakoloni; abazungu b’iburayi.

Hifashishijwe uburyo bwose bushoboka, abantu birwanyeho, ndetse n’ uburenganzira bwabo. Aba, bazanye uburyo bw’ imyemerere (idini), bwabafashije kuba hamwe, ndetse banahangana n’abakoloni. Rastafari. 

Mu 1930, ubwo hari abatotezwaga, bimwa uburenganzira bungana n’ubw'abandi, bari kunyura mu bihe by’ironda ry’uruhu hagati y’abirabura n’abera, byari cyo gihe kiboneye ngo abatuye mu duce tw’icyaro, ndetse dukennye, ngo bayoboke imyemerere mishya. Aha, ni muri Jamaica. Aha, hari hatangiye ikiswe Rastafari (Rastafarianism). Rwose wabyumvise neza, ni bamwe uzi nk’Abarasta.

Ibi, byatijwe umurindi n’icyagereranywa n’ubuhanuzi bwatanzwe n’uwari umwirabura w’umunyepolitiki, Marcus Garvey, wari ufite umuryango “Universal Negro Improvement Association ". Intumbero uyu muryango wari ufite, yari ukunga no guhuza abirabura, ngo bazasubizwe iwabo muri Afurika. 

Gusubizwa muri Afurika, babibonaga nko kujya mu gihugu cy’ isezerano, bavanywe aho bari barashyizwe n’ abakoloni, mu gihe cy’ ubucakara. Aho, bahitga Babylon. Marcus, ubuhanuzi bwe bwari bukubiye muri aya magambo y’ icyongereza “Look to Africa where a black king shall be crowned, he shall be your Redeemer." Ugenekereje, ‘reba kuri Afurika, ubwo umwirabura azimikwa nk’ umwami, uwo azaba ari uzabakiza (ibyaha)’.

Hadaciyeho igihe, icyabaye ubuhanuzi bwa Marcus, buba bubaye impamo. Muri Ethiopia, hahise himikwa Umwami w’ abami Haile Selassie I, ku mazina asanzwe ya Ras Tafari Makonnen. Ubwo, haba havutse imyemerere (idini) ryamenyekanye nka Rastafari, bigaragara ko ryafatiwe ku izina nyaryo rya Haile Selassie. Ubwo hafashwe izina ry’ icyubahiro rihabwa ukomeye muri Ethiopia, Ras, hanyuma bongeraho izina rye risanzwe Tafari, ubwo haboneka Rastafari.


Haile Selassie I (Ras Tafari)

Uyu, yaje gufatwa nka Messiah w’ Abarasta (Jah Rastafari). Byizerwaga ko Haile Selassie azabarokora, ko kandi azabasubiza ku butaka bw’ isezerano, Afurika. Gusa, Haile yaje kwitaba Imana mu mwaka wa1975. Byari nyuma y’uko yari akuweho n’impinduramatwara za Marxist. Gusa, byizerwa ko azagaruka.

Nyuma y’uko habonetse uwaje gufatwa nk’imana iri mu ishusho y’umuntu mu myemerere y’ aba Rasta muri icyo gihe, haje kugaragara n’ ibikorwa byabo, ahagana mu mwaka wa 1935. Leonard P. Howell, byizerwaga ko uyu ari we watangije ishami rya mbere ry’aba Rasta muri Jamaica, ndetse akaba ari nawe mu Rasta wa mbere. 

Ubwo, yaje gushyira hamwe umuryango w’ abayoboke, bageraga ku 5,000, ahitwa; Pinnacle, St Catherine, Jamaica. Ubutumwa bwa Leonard, bwagarukaga cyane ku ubutagatifu bwa Haile Selassie, ndetse n’ uburyo abirabura bagiye kugira ububasha bwo kuba hejuru y’abera (abazungu), nk’ uko ariko byari bikwiye kuba. Uko iminsi yahitaga, niko umuryango wakuraga, ndetse n’ ubutumwa busakara mihanda yose y’ isi.

Umunyamuryango wari ufite izina rihambaye muri Rastafari, ndetse no ku isi muri rusange kugeza n’ ubu, kubera umuziki yaririmbye mu njyana izwi cyane ya Reggae. Uyu ntawundi, ni Bob Marley. Umuziki we, waje kuba uburyo bumwe bwo gusakaza inyigisho za Rastafari ku isi hose, dore ko abirabura bari bamaze kuba benshi mu bice bitandukanye by’ isi. Aha, hari mu myaka ya 1960-1970. Uretse umuziki wanyuze muri iyi njyana ya Reggae, mu ijwi rya Marley, abantu bagendaga bamenyera aba Rastafari ku buryo umusatsi wabo wabaga umeze. Abenshi, bari bafite ‘dreadlocks’ (deredi).

Muri iki gihe uko Rastafari yatangiye, ari imyemerere y’ iyidini, ubu hari abakiyikomeyeho, kimwe n’ uko hari ab’ iyita aba Rasta gusa ari ibyo kuba umusirimu cyangwa se gukurikira umuco batazi icyo uvuga, ni aho waturutse. Nguko uko Abarasta (Rastafari) babayeho.

Src: BBC.co.uk, History.com, Telegraph.co.uk, Jamaicans.com, Britannica.com

Umwanditsi: Faridi Muhawenimana-Inyarwanda.com


Umwanditsi:

Yanditswe 28/10/2019 8:11 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...