RFL
Kigali

Abanyarwenya ba Daymakers bahuruje imbaga mu gitaramo cya Bigomba Guhinduka-AMAFOTO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:13/10/2019 3:29
2


Abanyarwenya batandukanye barangajwe imbere na Japhet na 5K Etienne bo muri Daymakers basekeje abantu bitabiriye igitaramo cya Bigomba Guhinduka cyabaye ku nshuro ya kabiri.



Iki gitaramo cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ukwakira 2019, cyari cyitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko dore ko MTN Rwanda yateye inkunga iki gitaramo, yari yahaye ubwasisi abakoresha serivisi ya Yolo binjiye bishyuye amafaranga ibihumbi bibiri byonyine.


Abanyarwenya benshi barimo abamaze kubaka izina n’abakiri mu nzira ariko bafite impano yo kongerera abandi iminsi yo kubaho, bari babukereye n’inzenya ariko byari bigoye kubona uva ku kabuga atavuze kuri Ndimbati ukunzwe muri filime ya Papa Sava.

Umunyarwenya Nimu Roger uherutse kwinjira muri Daymakers ari mu bakizamuka basekeje abantu bakajya ku katsi. Yateye urwenya ku munyamakuru KNC unazwiho gukora amatangazo yo kwamamaza arimo ibikabyo byinshi. Uyu musore yaseje benshi ubwo yavugaga ko ‘uburyo KNC yamamaza cotex wagira ngo nawe arazambara’.

Umunyarwenya Bishop Gafaranga wari ugaragaye bwa mbere mu gitaramo kuva yatangira ibijyanye no gusetsa ari kumwe n’umudiyakoni we bibanze ku mayeri akorwa n’abiyita abakozi b’Imana cyane cyane bashaka kurya amafaranga y’abayoboke babo.

Joshua ubarizwa mu itsinda rya Comedy Knights ari mu bashimishije cyane abantu bitabiriye iki gitaramo. Yibasiye Ndimbati avuga uburyo kujya mu ijuru biramutse bisaba kuba umuntu atarariye ingurube uyu mugabo yahita yoherezwa mu muriro kuko we basanga yarariye n’ibyazo.

Yateye urwenya ku itandukaniro ry’abakozi bo mu rugo bakorera abakire n’abakorera abakene. Yavuze ko abakorera abakene baririmba indirimbo zirimo amagambo akomeye nka Yuda ya Knowless, Ubuzima bwanje ya Ama G The Black na Jay Polly irimo amagambo akomeye yo kwishyuza. Abakorera abakire bo baba baririmba indirimbo zo kuramya Imana kuko nta kibazo baba bafite.

Abanyarwenya bo muri Daymakers [Japhet na 5K Etienne] ari nabo batangije urwenya rwa Bigomba Guhinduka nibo bari bategerejwe n’abantu benshi dore ko n’igitaramo ari bo kitiriwe.

Aba basore bakoze agashya binjira bari kunyonga amagare ubundi batangira gusetsa abantu. Akenshi urwenya rw’aba basore rwabaga rushingiye ku bintu bisanzwe biri mu buzima busanzwe.

Bavuze ku mikoranire hagati y’abahanzi bakora indirimbo z’Imana n’abakora izisanzwe. Batangaga nk’urugero rw’indirimbo ya Aline Gahongayire na Bull Dogg cyangwa Bushali uburyo bazajya buzuzanya n’ibyo byasetsaga abantu bakajya hasi.

Bavuze kandi ku bahanzi bo mu Rwanda no kutamenya indimi z’amahanga. Uru rwenya barushingiye kuri Ne-Yo uheruka kuza mu Rwanda bagaragaza uburyo yaganiriye n’abahanzi ariko bamwe ntibabashe kumvikana kuko batazi icyongereza, imisubirize y’aba bahanzi ntawe itasekeje.

Muri iki gitaramo kandi harimo umuhanzi Bushali ukunzwe mu njyana ya Kinyatrap. Yaririmbye mu buryo bwa Live aho yacurangirwaga na Symphony Band. Indirimbo ze nka "Sindi Mubi", "Kinyatrap" zashimishije benshi n’ubwo byageze hagati amajwi ntasohoke neza ubwo yaririmbaga “Tsikizo”, Ni Muebue Ni Tuebue” na “Ku Gasima”, gusa ntibyabujije abantu kwishima.  

5K Etienne na Japhet bakunzwe mu rwenya rwa Bigomba Guhinduka

Abanyarwenya ba Daymakers bamaze kwigarurira imitima ya benshiJaphet umwe mu bagize Daymakers mu rwenya rwa Bigomba Guhinduka

5K Etienne ukorana na Japhet muri Bigomba Guhinduka 

Alain Numa wo muri MTN Rwanda yasetse arihirika

Byari ibitwenge gusa gusa muri Bigomba Guhinduka

Utasetse ni utageze muri Camp Kigali 

Umuraperi Bushali arakunzwe muri Kinyatrap

Bushali yageze aho n'imyenda akuramo

Umuraperi Mr Kagame yayamanitse

Kibonke yasekeje abantu nawe ariseka


Umuhanzi Mani Martin yitabiriye iki gitaramo

Anita Pendo ni we wayoboye ibi birori

Abantu bari benshi cyane 

Umugore wa Clapton Kibonke yari yaje kwirebera umugabo we atera urwenya

Umunyarwenya Michael Sengazi nawe ntiyatanzwe

Itsinda rya Juda Muzik ryaririmbye

Joshua ni umunyarwenya usetsa cyaneN'abakuze ntibatanzwe

Yvan Buravan yasetse

Umunyarwenyakazi Divine uherutse kwinjira muri Daymakers yigaragaje

Jules Sentore na Victor Rukotana bari babukereye

Ndimbati uri hagati yibanzweho cyane muri Bigomba Guhinduka

Aline Gahongayire na Patience Karani ukoresha igipupe kivuga cya Golizo

AMAFOTO: Mugunga Evode-InyaRwanda Art Studio






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nyambwira Emmanuel4 years ago
    Abanyarwanda twifuza ko bigomba guhinduka yajya inyura kuri television byibura mucyumweru,kuko turabakunda pe.murakoze
  • Hertier4 years ago
    Rwose iyi industry ya comedy my rwanda igomba kugera kure ibifashijijwemo natwe knd ndabiz izagera kure





Inyarwanda BACKGROUND