Umutaliyani w’imyaka 53 Stefano Pioli ni we umaze gutangazwa n’ubuyobozi bwa AC Millan ko ari we ugiye gutoza iyi kipe y’i San Siro mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere akaba asimbuye Marco Giampaolo wirukanwe mu masaha 20 ashize kubera umusaruro mubi.
Stefano Pioli yasinye imyaka ibiri mu ikipe ya AC Millan
Nta masaha 24 yari ashize
AC Millan itangaje ko yatandukanye na Marco Giampaolo kubera umusaruro mubi uri
muri iyi kipe, hibazwaga umutoza uzamusimbura hagakorwa urutonde rw’abatoza
benshi bashobora gutoza AC Millan bari bayobowe n’umufaransa Arsene Wenger n’abandi,
gusa ariko byagaragaye ko igikorwa ubuyobozi bwa AC Millan bwakoze bwari
bwarakizeho bunashaka igisubizo cya hafi kuko mu gihe kitageze ku masaha 24
birukanye umutoza, bahise batangaza Stefano Pioli nk’umutoza mushya ugomba kumusimbura.
Stefano Pioli yijeje abafana ba AC Millan ko agiye kubaka ikipe ikomeye
Marco Giampaolo akaba
yarirukanwe amaze gukina imikino 7 gusa muri shampiyona y’u Butaliyani, yatsinze
imikino itatu, atsindwa imikino ine harimo na Derby yatsinzwe na Inter Millan
ibitego 2-0. Akaba asize AC Millan ku mwanya
wa 13 muri shampiyona y’u Butaliyani.
Marco Giampaolo wirukanwe muri AC Millan yahise asimbuzwa byihuse
Uwahoze ari umuyobozi w’iyi
kipe Silvio Belusconi yabwiye Paolo Maldini na Zvonimir Boban bari muri komite
nyobozi ya Ac Millan ko bakoze ikosa ryo guha akazi Marco Giampaolo muri iyi
kipe.
Stefano Pioli wahawe akazi
ko gutoza ikipe ya AC Millan nta kipe yagiraga atoza kuko yari yarasezeye ku
ikipe ya Fiorentina muri uyu mwaka mu kwezi kwa Mata, Si Fiorentina gusa yatoje
kuko yanabaye umutoza w’ikipe ya Inter Millan,Lazio, Chievo, Palermo, Sassuolo
n’ayandi.
Witegereje umusaruro yatanze muri ayo makipe yose yatoje, ntiwatinya kuvuga ko ari umutoza udafite ibigwi kuko nta gikombe na kimwe yigeze atwarana n’ikipe iyo ariyo yose yanyuzemo.
Stefano Pioli yahawe inshingano zo kugarura igitinyiro iyi kipe yahoranye ikongera igatwara ibikombe mu butaliyani ndetse no ku mugabane w’i burayi muri rusange.
Akazi ka Stefano Pioli
karatangira ku cyumweru akina na Leece nayo imerewe nabi muri shampiyona.
Umwanditsi – SAFARI Garcon
– inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO