Mu gihe habura iminsi micye ngo Amavubi akine umukino wa gicuti na Tanzania tariki 14 Ukwakira 2019 i Kigali, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryamaze kwemeza ko abakinnyi bakina imbere mu gihugu bitegura umukino na Ethiopia ari bo bazakina na Tanzania, bikaba bitazanahagarika shampiyona.
Ikipe izakina na Tanzaniya yatsinze DRC na Ethiopia
Amavubi aritegura umukino
wo kwishyura mu ijonjora rya kabiri ari naryo rya nyuma mu gushaka itike y’igikombe
cya CHAN kizabera muri Cameroun 2020, aho amavubi azakina na Warrior Antelopes,
ikipe y’igihugu ya Ethiopia, umukino ubanza wabereye muri Ethiopia u Rwanda rwari
rwatsinze igitego 1-0. U Rwanda kandi ruritegura imikino ibiri mu kwezi gutaha
ikomeye yo mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afrika ruzakinamo na
Mozambique iwayo na Cameroun i Kigali.
Mu rwego rwo gukomeza
imyiteguro ku Mavubi, hateguwe umukino wa gicuti na Taifa Stars ya Tanzania
uzaba ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, gusa ariko uyu mukino ukazakinwa n’abakinnyi
bakina imbere mu gihugu mu rwego rwo kwitegura neza ikipe y’igihugu ya
Ethiopia. Uyu mukino wa Tanzania ntuzatuma shampiyona ihagarara kuko izakomeza
bisanzwe.
Umunyamabanga wa FERWAFA
Uwayezu Regis aganira na Inyarwanda.com yavuze ko aya ari amahirwe u Rwanda
rubonye yo gukoresha itariki FIFA yashyizeho y’imikino ya gicuti ikindi kandi
ngo gutoranya ikipe izakoreshwa ni amahitamo y’umutoza.
Yagize ati”Aya ni amahirwe
u Rwanda rubonye yo gukina umukino wa gicuti ku itariki yagenwe na FIFA, ibi
kandi birategura ikipe y’igihugu yacu ifite amarushanwa atandukanye mu minsi
iri imbere, kuri twe ni byiza cyane. Ikijyanye no guhitamo ikipe izakoreshwa
ayo ni amahitamo y’umutoza ubwo nawe mwamubaza ibyo si ibyacu”.
Nyuma y’umukino wa
Ethiopia biravugwa ko ikipe y’igihugu izakina umukino wa gicuti n’ikipe y’igihugu
itaramenyekana n’abakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bahari ubundi bakerekeza
muri Mozambique.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami
Vincent ntaratangaza abakinnyi bazakina umukino wa gicuti na Taifa Stars ya
Tanzaniya.
Umutoza w’ikipe y’igihugu
ya Tanzaniya Etienne NDAYIRAGIJE yari yakoze ku bakinnyi be bose bakomeye
barimo na kapiteni Bwana Ally Samatta utazagaragara kubera inshingano afite mu
ikipe akinira ya Genk yo mu Bubiligi iri mu mikino ya Champions League.
Abandi
bahamagawe: Juma Kaseja, Metacha Mnata, Said Kipao, Salum Kimenya,
Shomary Kapombe, Gadiel Michael, Mohammed Hussein, Kelvin Yondani, Erasto
Nyoni, Bakari Nondo, Himid Mao, Jonas Mkude, Kelvin John, Farid Mussa, Adi
Yusuph, Idd Selema, Mudathir Yahya, Saluum Abubakar, Frank Domayo, Muzamir
Yassin, Shaaban Idd, Ayoub Lyanga, Abdul Aziz MaKame, Andrew Simchimba, Miraj
Athuman, Feisal Salum, Mbwana Samatta, Simon Msuva.
Umwanditsi-SAFARI Garcon - inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO