Sibomana Viateur usanzwe ari umutoza w’umukino w’intoki wa Volleyball yerecyeje i Cairo mu Misiri aho agiye kumara ibyumweru bibiri ahabwa amahugurwa y’abatoza bahugura abandi (Instructor’s Course).
Aya
mahugurwa yitabiriwe na Sibomana aratangira kuri uyu Kabiri tariki ya 3-15
Nzeli 2019 akazaba anahugura ku bijyanye n’ibarurisha mibare y’ibijyana na
Volleyball (Volleyball Statistics).
Sibomana ari
mu batoza 15 batoranyijwe hirya no hino muri Afurika hagendewe ku mpamyabushobozi bafite mu gutoza umukino wa Volleyball.
Sibomana
kuri ubu utoza Kigali Women Volleyball Club, afite impamyabumenyi y’urwego rwa
gatatu mu guhugura abandi batoza (Trainer of Trainers Level III) akaba
yaratoranyijwe n’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika
(CAVB) bikemezwa n’impuzamashyirahamwe y’uyu mukino ku isi (FIVB).
Aganira na
INYARWANDA, Sibomana yavuze ko amahugurwa agiyemo azamufasha kunononsora
ibijyanye no kuba umutoza ufite ubushobozi bwisumbuye bwo kuba yatanga
amahugurwa ku bandi batoza bakaba babona ibyangombwa byo gutoza.
“Ngiye mu
mahugurwa afasha abatoza kuba batanga amahugurwa ku bandi batoza yaba
abakinjira mu mwuga n’abasanzwemo. Iyo wasoje aya mahugurwa ngiyemo uba
wemerewe kwigisha abandi batoza (Instructor)”. Sibomana
Sibomana Viateur yagiye mu mahugurwa mu Misiri
Agaruka ku kigenderwaho kugira ngo umutoza runaka yisange ku rutonde rw’abahabwa aya
mahugurwa, Sibomana yagize ati “Amahugurwa y’uyu mwaka azitabirwa n’abantu 15
batoranywa hakurikijwe urwego bagezeho mu gutoza Volleyball. Ni amahitamo akorwa
na CAVB bikemezwa na FIVB. Nyuma iyo
utsinze uba wemerewe kwigisha abandi batoza nab o bakabona ibyangombwa byo
gutoza”.
TANGA IGITECYEREZO