RFL
Kigali

"The National Debate Competition 2019", irushanwa ry’ibiganiro mpaka mu banyeshuri ryatangiriye mu ntara y’Uburengerazuba-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:28/08/2019 11:15
0


Amarushanwa y’ibiganiro mpaka ni kimwe mu bifasha abanyeshuri kwiyungura ubumenyi ndetse bakanatinyuka kuvugira mu ruhame ibitekerezo byabo. Abanyeshuri bungukira ubumenyi muri aya marushanwa cyane ko abatsinze n'abatsinzwe baba bagiye impaka zigamije kungurana ibitekerezo bityo uwumviyemo yunguka byinshi atari azi.



Ni amarushanwa ngarukamwaka ahuza abanyeshuri aho bajya impaka ku bintu binyuranye bitewe n'ibigezweho muri icyo gihe. Kuri ubu aya marushanwa yongeye gutangira aho abanyeshuri batangiye kurushanwa bahereye mu ntara y’Uburenerazuba. Ikiganiro mpaka bakoze cyagarutse ku kwibaza niba amabanki yo mu Rwanda afite ubushobozi bwafasha abantu kubaho batagendana amafaranga mu mifuka “cashless economy”.

Muri aya marushanwa yahereye i Burengerazuba hari hitabiriye ibigo 17 birangira ikigo cya College St Marie aricyo kibonye itike yo kujya guhatana ku rwego rw'igihugu gihigitse TTC Rubengera mu marushanwa yatangiye tariki 24 Kanama 2019 agatangirira muri IPRC West. Byitezwe ko aya marushanwa mu ntangiriro z’ukwezi k’Ukwakira 2019 byitezwe ko amarushanwa azakomereza mu ntara y'Amajyepfo mu mpera z'iki Cyumweru turimo.

DEBATEMbere yo gutora abahagarara imbere y'akanama nkemurampaka babanza kujya inama mu matsindaDEBATEDEBATEBitoranyamo ababahagararira imbere y'akanama nkemurampakaDEBATEDEBATEBagerageza guhangana mu buryo bwo kujya impakaDEBATEAbagize akanama nkemurampaka baba batanga amanota






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND