RFL
Kigali

Emmy yageze mu Rwanda itangazamakuru rimwakiriza ibibazo by'umukunzi we mushya-VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:24/07/2019 23:20
1


Nsengiyumva Emmanuel cyangwa se Emmy nk'uko benshi mwamumenye mu muziki ni umwe mu bahanzi b'abanyarwanda babarizwa muri Diaspora ya Amerika ari naho akorera muzika. Uyu musore mu minsi ishize yari mu Rwanda mu buryo bw’ibanga ariko noneho kuri ubu yamaze kugaruka ku mugaragaro.



Akigera mu Rwanda, Emmy yakirijwe ibibazo by'uko yaba aje gusura umukunzi we mushya. Aya makuru yayahakanye ahamya ko aje mu Rwanda atashye ubukwe bwa mushiki we. Yabajijwe niba koko afite umukunzi mu Rwanda, abera  ibamba abanyamakuru ahamya ko ubu ari ubuzima bwe bwite.

Emmy ufite igihe cy'ukwezi mu Rwanda yatangaje ko nta bikorwa byinshi bya muzika afite cyane ko aje muri gahunda z'umuryango no kuruhuka gacye. Icyakora ahamya ko hagize ibikorwa abona bya muzika nabyo yabikora nubwo atari byo bimuzanye.

EmmyEmmyEmmyEmmy akigera i Kigali

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA EMMY AKIGERA MU RWANDA








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rehema4 years ago
    Who is Emmy?





Inyarwanda BACKGROUND