RFL
Kigali

Yvan Buravan yashyize hanze indirimbo nshya “Feel it” iri kuri album ye aherutse kumurika –VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:22/07/2019 19:02
0


Yvan Buravan umaze kuba icyamamare hano mu Rwanda mu minsi ishize yashyize hanze album ye nshya ari nayo ya mbere yise “ Love Lab”. Nyuma y’igihe gito ayishyize hanze, kuri ubu yashyize hanze imwe mu ndirimbo ziyibarizwaho ariyo yise “Feel it” yasohokanye n’amashusho yayo.



Mbere gato ko amurika Album ye nshya ari nayo ya mbere “Love Lab” Yvan Buravan yegukanye igikombe cya Prix Decouvertes cyatumye azenguruka Afurika akora ibitaramo binyuranye. Nyuma y’ibi bitaramo Yvan Buravan yashyize hanze indirimbo yakoranye na Active ndetse n’iyo yakoranye na Alyn Sano indirimbo zari zimaze iminsi zigezweho mu Rwanda.

BuravanYvan Buravan mu minsi ishize yashimiye itangazamakuru ryamubaye hafi

Indirimbo nshya “Feel It” Yvan Buravan yashyize hanze yakozwe na Producer Bob, mu gihe amashusho y’iyi ndirimbo yo yafashwe anatunganywa na Meddy Saleh. Iyi ni imwe mu ndirimbo ziri kuri iyi album uyu muhanzi yashyize hanze mu minsi ishize. Kuri ubu Yvan Buravan yatangiye gukora kuri Album ya kabiri ye nyuma yuko amuritse iya mbere.

REBA HANO INDIRIMBO “FEEL IT” INSHYA YA YVAN BURAVAN






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND