RFL
Kigali

MTN Rwanda yahembye abanyamahirwe muri gahunda ya “Yolo”-AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:12/07/2019 20:04
0


Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, MTN Rwanda yahaye amanyamahirwe impano zitandukanye bakoresheje Yolo arizo Telefone, imipira yo kwambara, Television, amafaranga, inka ndetse n’ibindi byinshi bitandukanye. Ni igikorwa cyabereye i Remera kuri MTN.



Ni gahunda yiswe ‘Yolo’ aho kugira ngo uyinjiremo ugomba kuba utarengeje imyaka 25 y’amavuko kandi ukaba ukoresha uburyo bw’itumanaho bwa MTN. Kwiyandikisha muri 'Yolo' ni ubuntu, usabwa gusa gukanda *154*6# ubundi ukajya uyikoresha, ukaba wabasha kwegukana ibihembo bitandukanye.

Abanyamahirwe begukanye Imipira yo kwambara

Uyu munsi abahawe ibihembo na MTN babyishimiye. Uwahawe inka yatangarije inyarwanda.com ko kugira ngo yiyandikishe muri ubu buryo bwa Yolo, yabibonye ari mu nzira yigendera abibona ku birango bya MTN. Uu munsi abahawe ibihembo ni abaturutse hirya no hino mu gihugu aho ushobora kugerageza amahirwe nawe ukaba wakwiyandisha muri Yolo ukagura ikarita yo guhamagara ndetse na Interineti.

Umunyamaharirwe wegukanye inka nziza ya kijyambere

Buri cyumweru MTN Rwanda igenera impano zitandukanye abanyamahirwe aho ushobora kwegukana Telefone z’ubwoko butandukanye, Television igezweho ya Samsung, amafaranga 500,000Rwf ndetse n’igihembo kiruta ibindi ari cyo Inka nziza.

Umunyamahirwe wegukanye Television ya Samsung 

MTN Rwanda ihemba abanyamahirwe bakoresheje Yolo, aho buri wa Gatanu ibaha Impano zitandukanye. Ushobora nawe kwiyandikisha uyu munsi ukaba wakeguna ibihembo bitandukanye

Andi Mafoto y'Abanyamahirwe begukanye ibihembo bitandukanye:


Abanyamahirwe baba muri 'Yolo' bahawe ibihembo bitandukanye na MTN

Paul Mugabe/ Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND