RFL
Kigali

D'Amour Selemani yongeye kurwara, yasubiye mu bitaro

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/05/2019 21:25
10


D'Amour Selemani ni umukinnyi wa Filime wamamaye cyane mu ma filime atandukanye, kuri ubu uyu mugabo agaragara muri filime nshya yitwa Umwanzuro iri gutambuka kuri Televiziyo Rwanda. Nyuma yo kuvugwaho gushakira indonke mu burwayi, D'Amour yasubiye mu bitaro.



Izina ry'uyu mugabo ryabaye ikimenyabose mu minsi ishize kubera inkuru y'uburwayi bwe bwavuzweho cyane. D'Amour Selemani wari urwaye impyiko yavuzwe cyane ubwo yakusanyirizwaga inkunga yo kumufasha kujya kwivuza hanze ariko akaza koroherwa atagiyeyo bityo ntabe akigiyeyo nk'uko yabitangaje kenshi.

Uyu mukinnyi ahamya ko yari amaze gukusanyirizwa arenga miliyoni icyenda zo kumufasha kujya kwivuza mu Buhinde ariko ntajyeyo. Kutagenda kwe kwateje impaka nyinshi ndetse bamwe bamwita umutekamutwe wabacucuye utwabo abeshya ko arwaye nyamara ari muzima.

Uyu mukinnyi yakunze kumvikana kenshi ahakana ubu butekamutwe yashinjwaga ahubwo agahamya ko Imana yamugiriye neza akoroherwa bitamusabye kujya kwivuza hanze. Icyakora kuri ubu uburwayi bwamwisubiye ndetse kugeza igihe twandikiye iyi nkuru uyu mukinnyi yari yasubiye mu bitaro.

DamourD'Amour Selemani yongeye gusubira mu bitaro nyuma y'igihe atangaje ko yumva yarorohewe

Ukujya mu bitaro kwa D'Amour Selemani niwe ubwe waguhamirije Inyarwanda.com nyuma y'uko umunyamakuru yari amaze kumenya ko uyu mugabo yasubiye mu bitaro. D'Amour Selemani ku murongo wa telefone yagize ati "Nibyo ndi mu bitaro bya Kanombe, nafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2019, niriwe mu bitaro i Kanombe none ndabona ngiye no kurarayo."

Asobanura uko yongeye gufatwa, D'Amour Selemani yatangaje ko atarembye cyane, atangaza ko ari impyiko zari zongeye kumufata ariko atari ibintu bikomeye n'ubwo kwa muganga bamusabye kureka bakamwitaho ari mu bitaro. Uyu mugabo wumvaga avugana imbaraga yadutangarije ko kongera kurwara kwe atari ibintu bikomeye cyane byatuma atekereza kujya kwivuza hanze.   

AMAFOTO: Internet






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • tiger4 years ago
    arayariye arayamaze none ararwaye.ubwo arashaka andi nyine muyamuhe.d'amour yarambabaje!biriya bitabi nibiyoga bizamuhitana nubundi utaretse nabagore.
  • Rehema4 years ago
    Sha umva ko wahize, noneho niba utarazigamye rwose kurubu uri bupfe kbs
  • Abdoul4 years ago
    Arko x uwo mutipe ko Abanyarwanda bamuhaye amafaranga yagiye kwivuza koko!..
  • kamari 4 years ago
    hahahahhahaa ndasetse ngaho niyongere yihenure ngo abantu babona umuntu yateye imbere bakamugendaho hahaha sha Imana niyo izamufasha twe twamukuyeho amaboko
  • Kiguli boy4 years ago
    Rekayumve yibwiraga ko 9millions yahuguje abanyarwanda atazamuhagama, wasanga nubu atangiye ubutekamutwe ariko urabeshya kuri iyi inshuro ntana 100 frws uzabona.
  • sibamsibomana sifa4 years ago
    ubundise amafranga mwatanze niyo yarikumukiza hahahah muri kuvuga nabi kabisa. harindi nkunga abatse se ahubwo?ndumva mukeneye kwapfa kuruta uko yakivuje agakiraw
  • Richard4 years ago
    yapfuye se ko ntacyo amaze igihugu kikaba gikize aba Escron imbwa gusa , D'amour ni imbwa y'umusega 2000frw byanjye natanze ngo ararwaye !!!naho ari kubeshya iyo pumbafu !!!
  • inyamibwa4 years ago
    arko ntimukabe nabatwa mwamufashije ntamugozi abashyizemo nta mbunda abafatiyeho mwaretse kuvuga nabi mutongana mwiheshe agaciro ubu murashaka ko apfa mwagiye mureka gushinyagura
  • liy4 years ago
    Arko abanyarwanda twabaye gute konumva mushaka ko apfa c kujya kumufasha sumutima wanyu wabategetse hari itegeko ryariho njye numvaga NGO yatetse umutwe nkagira NGO Wenda ntiyaranarwaye ahubwo kuba yongeye kurwara mwari mukwiriye kubona ko koko yararebye arko c ubundi 9 million nizo zari bumujyane Hanze zikamuvuza zikamutunga zikanamugarura ntimwayatanze mwifuza ko akira kukio mwakumva ko yoroheww bikababaza koko ese Kampara ni Hanze abasabye ubwo kwivuriza murwanda bwo ntimwabumuha c?
  • Igisubizo4 years ago
    Azafate cordyceps na Energy cup bizamufasha kuri ibyo bibazo by'impyiko. Azahamagare 0788449901





Inyarwanda BACKGROUND