RFL
Kigali

Peter Otema yasobanuye impamvu FC Musanze yatangiye nabi (AMAFOTO)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:29/12/2017 12:57
0


Peter Otema kapiteni w’ikipe ya Musanze Football Club avuga ko kuba ikipe yabo yaratangiye umwaka w’imikino 2017-2018 icumbagira ari uko bagize gahunda ituma batangira bafite abakinnyi benshi batari bayisanzwemo bityo kuri ubu bakaba bakiri mu kiringo cyo kumenyerana kandi ko bizeye ko bizakunda.



Byari nyuma y’umukino FC Musanze yanganyijemo na APR FC igitego 1-1 ubwo hakinwaga umunsi wa cumi (10) wa shampiyona kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2017 kuri sitade ya Kigali. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Peter Otema yatangiye agira ati:

Haracyari kare. Urabona ko abakinnyi benshi baracyari bashya mu ikipe byumvikana ko ka kantu ko kumenyerana ntabwo karaza. Kugira ngo kumenyerana bizemo bigomba kubanza kutugora kandi birasaba ko dukina imikino myinshi. Twakinaga umunsi wacu wa munani bigaragara ko bizagenda biza buhoro buhoro dusubire ku murongo twari dufite nitumara kumenyerana neza.

Hakizimana Muhadjili wa APR FC ni we wafunguye amazamu ku munota wa 50’ mbere yuko Wai Yeka Tatuwe yishyurira FC Musanze ku munota wa 82’ kuri penaliti yari ivuye ku ikosa Ntaribi Steven yakoreye Harerimana Obed wari winjiye asimbuye. Peter Otema utaratangiye shampiyona kuko yari afite ikibazo cy’imvune, avuga ko kuba FC Musanze yarakuye inota rimwe kuri APR FC atari umusaruro mubi kuko ngo bigiye gutuma bazamura morale izabafasha mu mikino iri imbere.

“Mbere na mbere navuga ko twihimye kuko twakiniraga hanze. Iri nota rimwe numva ko rizadufasha kwitegura indi mikino. Turikuye ku ikipe twakubaha ya APR FC numva ko ibi bizadufasha kuzamura morale”. Peter Otema

Mu mikino umunani FC Musanze bamaze gukina, batsinzemo ibiri (2), banganya itatu (3), batsindwa imikino itatu (3). Bamaze kwinjiza ibitego bine (4) bakaba barinjijwe ibitego bitanu (5). Uyu musaruro utuma iyi kipe yo hafi y’ibirunga iba ihagaze ku mwanya wa 14 n’amanota icyenda n’umwenda w’igitego kimwe (1).

Peter Otema yizera ko hakiri kare cyane

Peter Otema 17 yizera ko hakiri kare cyane 

Peter Otema acungana na Nsabimana Aimable

Peter Otema acungana na Nsabimana Aimable 

Peter Otema niwe kapiteni wa FC Musanze

Peter Otema niwe kapiteni wa FC Musanze

Hakizimana Muhadjili imbere ya Mwiseneza Daniel

Hakizimana Muhadjili imbere ya Mwiseneza Daniel 

Sekamana Maxime afashwe na Habyarimana Eugene

Sekamana Maxime afashwe na Habyarimana Eugene

Twizerimana Martin Fabrice umwe mu bakinnyi bahawe ikarita y'umuhondo muri uyu mukino

Twizerimana Martin Fabrice umwe mu bakinnyi bahawe ikarita y'umuhondo muri uyu mukino

Niyonkuru Ramadhan bita Boateng ukina hagati muri Musanze FC yavuye mu kibuga asimbuwe

Niyonkuru Ramadhan bita Boateng ukina hagati muri Musanze FC yavuye mu kibuga asimbuwe

Abafana ba APR FC kuri sitade ya Kigali ntabwo bahavuye bishimye

Abafana ba APR FC kuri sitade ya Kigali ntabwo bahavuye bishimye nubwo bamaze iminota irenga 30' bari imbere ya FC Musanze

Mwiseneza Daniel wahoze muri Mukura VS ubu ni kizigenza muri Musanze FC

Mudeyi Suleiman wahoze muri Gicumbi FC ubu ni kizigenza mu muri Musanze FC 

Harerimana Obed yinjiye mu kibuga asimbuye ahita akorerwaho ikosa ryabyaya igitego cya FC Musanze

Harerimana Obed yinjiye mu kibuga asimbuye ahita akorerwaho ikosa ryabyaye igitego cya FC Musanze

Mubumbyi Bernabe yari yaje kureba uko APR FC yahozemo imeze

Mubumbyi Bernabe yari yaje kureba uko APR FC yahozemo imeze

Musanze FC igomba gukina na Miroplast FC mu cyumweru gitaha

Mazimpaka Andre atera umupira 

FC Musanze

Musanze FC igomba gukina na Miroplast FC mu cyumweru gitaha

Issa Bigirimana yasimbuwe na Itangishaka Blaise

Issa Bigirimana yasimbuwe na Itangishaka Blaise

Abafana ba APR FC bafashe ko Ntaribi Steven ariwe wabatesheje amanota atatu

Abafana ba APR FC bafashe ko Ntaribi Steven ariwe wabatesheje amanota atatu

Abafana ba APR FC bagomba kwakira ko APR FC y'ubu igomba kujya ibona amanota atatu yayakoreye

Abafana ba APR FC bagomba kwakira ko APR FC y'ubu atari ya yindi ya 2007-2008

Kanamugire Moses agenzura umupira

Kanamugire Moses agenzura umupira 

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports yugarira

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports yugarira

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND