Umufana yafotowe ari kwiba P Fla–VIDEO

Imyidagaduro - 27/12/2017 3:40 PM
Share:

Umwanditsi:

Umufana yafotowe ari kwiba P Fla–VIDEO

Ku wa mbere tariki 25 Ukuboza 2017 cyangwa se kuri Noheli nijoro abakunzi ba muzika bari mu gitaramo cyatanze ibyishinmo mu banyarwanda aho Riderman yari yakubise yujuje Petit Stade i Remera. Riderman yari yatumiye abandi bahanzi bo kumushyigikira harimo na P Fla umwe mu bishimiwe bikomeye muri iki gitaramo.

P Fla ubwo yahamagarwaga ku rubyiniro abantu barishimye cyane ko bari bamukumbuye bamugaragariza urugwiro rudasanzwe begera urubyiniro ngo babyinane maze abandi si ugutera amafaranga ku rubyiniro bashaka kuyaha P Fla bivayo, muri aya mafaranga abafana bateye harimo n'ayibwe n’umufana wari imbere azi ko ntawabibonye, gusa umunyamakuru wa Inyarwanda yari yamubonye kare. 

p flaMc Kate Gustave ni we wahagobotse ayakusanyiriza P Fla

Igihe abandi banagaga amafaranga ku rubyiniro umufana yacunze P Fla ku jisho akururamo inoti imwe ahita ayijyana. Kate Gustave wari uri hafi yarabibonye ahita aza arayatoragura atangira kuyaha P Fla ayamushyira mu mufuka w'ipantaro aho kugira ngo abafana bakoze bayibe.

REBA UKO BYEGENZE P FLA YIBWA AMAFARANGA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...