Asinah yerekeje muri Kenya muri gahunda z’umuziki–AMAFOTO

Imyidagaduro - 22/12/2017 8:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Asinah yerekeje muri Kenya muri gahunda z’umuziki–AMAFOTO

Muri iyi minsi umuhanzikazi Asinah wasaga n'uwacitse intege muri muzika yongeye kuwuhagurukira ndetse ahagarika akandi kazi ngo abone uko aha umwanya we muzika. Kuri ubu akomeje kugaragaza inyota yo gukora byinshi mu muziki we. Asinah magingo aya yamaze kwerekeza muri Kenya aho agiye muri gahunda za muzika.

Ubwo yaganiraga na Inyarwanda Assinah yatangaje ko yerekeje muri Kenya gushaka uko yakwagura muzika ye, akaba ateganya gukorerayo indirimbo imwe byaba byiza agakora n’indi ya kabiri yanakorana n’umwe mu bahanzi bo muri kiriya gihugu cy’abaturanyi.

Asinah yahagurutse mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Ukuboza 2017 akaba agiye mu rugendo rw’iminsi irindwi agomba kumara mu gihugu cya Kenya. Assinah asize ashyize hanze indirimbo yise ‘My number’. Mu kiganiro yahaye Inyarwanda.com yatangaje ko akigera mu Rwanda agomba kuzahita ashyira hanze amashusho y’iyi ndirimbo.

asinahasinahAsinah ubwo yari agiye muri Kenya

UMVA HANO 'MY NUMBER' INDIRIMBO NSHYA ASINAH ASIZE ASHYIZE HANZE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...