RFL
Kigali

AMAFOTO: Cassa Mbungo na Nshimiyimana babanje guterana amagambo mbere y’ikiganiro n’abanyamakuru

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/12/2017 10:02
0


Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ukuboza 2017 ubwo umukino wa AS Kigali na Kiyovu Sport wari urangiye ari ibitego 2-2, Eric Nshimiyimana na Cassa Mbungo Andre bafashe iminota itari munsi y’ibiri baganira uko umukino bawubonye nubwo bitari mu buryo bw’ubwumvikane busesuye.



Ubwo umukino wari ugeze mu minota ya nyuma, Jimmy Mbaraga Traore rutahizamu wa AS Kigali yazamukanye umupira agana mu izamu rya Ndoli Jean Cluade, umusifuzi asifura ko habayego kurarira. Nyuma Jimmy Mbarara yaje kurekura ishoti rijya mu izamu nubwo bari bamaze gusifura. Mu busanzwe yakabaye yarahawe ikarita y’umuhondo kuko bitemewe ko umuntu wasifuwe ko yaraririye atera mu izamu, gusa umusifuzi yarabyirengagije.

Ibi Eric Nshimiyimana yabibwiraga Cassa Mbungo amwumvisha ko Jimmy Mbaraga atari yararariye bibaho kuko yafashe umupira akigizayo abugarira ba Kiyovu bityo umusifuzi akabyanzura mu buryo bwe. Ibi Cassa Mbungo ntiyabyemeraga na gato kuko yamusubizaga ko Jimmy Mbaraga yabanje gusunikana mbere yo kwiyegereza umupira, Eric Nshimiyimana ni ko kumwereka ko iyo umukinnyi nta mbaraga agira bamucaho bakigendera.

Ikindi cyateje impaka ndende hagati y’aba batoza bombi nuko Cassa Mbungo Andre atemeranyaga na Eric Nshimiyimana ku gitego cya kabiri AS Kigali yatsinze kuko ngo mbere yuko Kayumba Soter atera mu izamu habayeho gusunikana. Nizeyimana Jean Claude bita Rutsiro na Kiyovu Sport ni we wafunguye amazamu ku munota wa 30’. Igitego cya kabiri cya Kiyovu Sport cyatsinzwe na Nizeyimana Djuma ku munota wa 61’ w’umukino. AS Kigali yo yatsindiwe na Frank Kalanda ku munota wa 49’ naho Kayumba Soter abishyurira ikindi ku munota wa 82’ w’umukino ku mupira wari uvuye muri koruneri agakozaho umutwe.

Umukino urangiye bahuriye mu kibuga hagati

Umukino urangiye bahuriye mu kibuga hagati

Eric Nshimiyimana Umutoza mukuru wa AS Kigali hano niwe wari ufite ijambo

Eric Nshimiyimana Umutoza mukuru wa AS Kigali hano ni we wari ufite ijambo

Abatoza bombi babanje kujya kubaza abasifuzi ibyo bakoze

Abatoza bombi babanje kujya kubaza abasifuzi ibyo bakoze

 Cassa Mbungo Andre umutoza mukuru wa Kiyovu Sport yanyuzwe n'ubusobanuro bw'abasifuzi asa naho afata inzira agenda

Cassa Mbungo Andre umutoza mukuru wa Kiyovu Sport yanyuzwe n'ubusobanuro bw'abasifuzi asa naho afata inzira agenda 

Cassa mbugo yatoje AS Kigali ayijyana mu mikino Nyafurika iheruka icyo gihe

Cassa Mbugo yatoje AS Kigali ayijyana mu mikino Nyafurika iheruka icyo gihe

Cassa Mbungo yahise agaruka

Cassa Mbungo yahise agaruka

Ikiganiro kirakomeza batumva ibintu kimwe

Ikiganiro kirakomeza batumva ibintu kimwe

Eric Nshimiyimana (Wambaye ikoti ritukura) yabonye Cassa Mbungo atangiye kurakara ahita ashyira amaboko mu mifuka

Eric Nshimiyimana (Wambaye ikoti ritukura) yabonye Cassa Mbungo atangiye kurakara ahita ashyira amaboko mu mifuka

Eric Dusingizimana kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Cricket akaba uwafashe iya mbere mu kwitangira umukino wa Cricket mu Rwanda

Eric Nshimiyimana yabonye bitari bworohe ahita akura amaboko mu mifuka

Eric Nshimiyimana yabonye bitari bworohe ahita akura amaboko mu mifuka

Ndoli Jean Claude umunyezamu wa Kiyovu Sport yahuraga na AS KIgali yari arimo umwaka ushize w'imikino

Ndoli Jean Claude umunyezamu wa Kiyovu Sport yahuraga na AS Kigali yari arimo umwaka ushize w'imikino

Ndahinduka Michel mu kirere na Habamahoro Vincent

Ndahinduka Michel mu kirere na Habamahoro Vincent 

Ngarambe Ibrahim afashe Mbaraga Jimmy Traore

Ngarambe Ibrahim afashe Mbaraga Jimmy Traore 

Mbaraga Jimmy Traore yatsinze igitego bamusifuye

Mbaraga Jimmy Traore yatsinze igitego bamusifuye

Mbaraga Jimmy yicaye hasi

Mbaraga Jimmy yicaye hasi 

Nizeyimana Djuma ahatana na Ntamuhanga Thumaine Tity

Nizeyimana Djuma ahatana na Ntamuhanga Thumaine Tity

Frank Kalanda niwe watsinze igitego cya mbere cya AS Kigali

Frank Kalanda ni we watsinze igitego cya mbere cya AS Kigali

Benedata Janvier ku mupira

Benedata Janvier ku mupira 

Ndoli Jean Claude umunyezamu wa Kiyovu Sport yirwanaho hejuru ya Mbogo Ali

Ndoli Jean Claude umunyezamu wa Kiyovu Sport yirwanaho hejuru ya Mbogo Ali

Ngirimana Alexis yiruka ku mupira

Ngirimana Alexis yiruka ku mupira

Habyarimana Innocent umukino warangiye adakinnye

Habyarimana Innocent umukino warangiye adakinnye 

Niyonzima Ally yakinnye iminota 55'

Niyonzima Ally yakinnye iminota 55'

Twagirimana Innocent bita Kavatiri akurikiwe na Benedata Janvier

Twagirimana Innocent bita Kavatiri akurikiwe na Benedata Janvier

Twagirimana agera hasi

Twagirimana agera hasi

Uko imikino yo kuwa Kabiri yarangiye:

Kuwa Kabiri tariki 19 Ukuboza 2017

-Musanze FC vs Miroplast Fc (Umukino wasubitswe)

-Marines FC 2-0 Bugesera FC (Nsabimana Hussein, Amri Kalisa)

-Sunrise FC 2-1 Kirehe FC

-Espoir Fc 1-2 Police Fc (Mico Justin na Ndayishimiye Antoine Dominique, Renzaho Hussein Yongo)

-As Kigali 2-2 SC Kiyovu 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND