RFL
Kigali

Bwa mbere Meddy agiye gutaramira muri San Antonio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:19/12/2017 14:44
2


Meddy ni umuhanzi w’umunyarwanda ugiye kuzuza imyaka umunani yibera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Rimwe na rimwe Meddy ajya anyuzamo akahakorera ibitaramo binyuranye gusa kuri iyi nshuro ni ubwa mbere agiye gutaramira muri Leta ya San Antonio aho azaba ataramira abanyarwanda kimwe n'abandi bazitabira igitaramo cye basangira Noheli.



Meddy waherukaga mu Rwanda aho yakoreye ibitaramo binyuranye birimo ibyo yakoranye na sosiyete ya Airtel ndetse n’ikindi yakoreye i Nyamata cyizwe ‘Beer Fest’, kuri ubu yiteguye gutaramira abatuye mu mujyi wa San Antonio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gitaramo nawe ubwe yemeza ko ari icya mbere agiye kuhakorera. Iki kikazaba tariki 23 Ukuboza 2017.

meddy

Iki gitaramo cya Meddy i San Antonio byitezwe ko kizabera ahazwi nka Burgund ballroom. Kwinjira muri iki gitaramo bikaba ari amadorali makumyabiri ya Amerika (20$) guhera saa yine z’ijoro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • hiy6 years ago
    a,a dollar 20 yebabawe hahahahaaha mbega meddy nkunda kwariguciririka man yayaya ubuse koko inaha ninjira igitaramo cya17.6$ muri america igitaramo cyikaba 20$ ubwse ibi nibiki yabababba
  • KENNY6 years ago
    WASOMYE UMUTWE WINKURU KO ARUBWAMBERE?





Inyarwanda BACKGROUND