RFL
Kigali

KAYONZA: Igitaramo cya Isango Star cyitabiriwe n’imbaga y’abafana barimo n’ababyeyi bakunda umuziki–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:16/12/2017 15:45
0


Umwaka wa 2017 uri kugana ku musozo, iminsi mikuru yamaze kugera aho abantu banyuranye batangiye gutegura impano zo guha inshuti zabo. Isango Star yo yateguye ibitaramo byo gusangira iminsi mikuru n’abakunzi bayo bo mu ntara zinyuranye aho yatumiye abahanzi banyuranye.



Ibi bitaramo byo gusangira iminsi mikuru n’abakunzi ba Isango Star byiswe ‘HashTag Tours’ byatangiriye mu mujyi wa Kayonza ahitwa East Land Hotel kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2017 ahagaragaye ubwitabire bwari hejuru cyane kandi ku bantu b’ingeri zose. Usibye Kayonza ibi bitaramo bigomba gukomereza i Nyamata ndetse na Kigali aho nyuma y’ i Kayonza, hagomba gukurikiraho mu mujyi wa Kigali, igitaramo kibera muri Car wash kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Ukuboza 2017 hakazakurikiraho mu mujyi wa Nyamata ahazabera igitaramo kuri iki cyumweru tariki 17 Ukuboza 2017 kuri Connect Bar.

philMc Phil Peter niwe wayoboye igitaramo

Ibi bitaramo biri gutangira i saa cyenda z’amanywa. Kwinjira biba ari igihumbi cy'amafaranga y’u Rwanda (1000frw) mu gihe  abahanzi bari gutaramira abakunzi ba Isango star na muzika muri rusange ari; Diplomate, Riderman, Nasson, Evanny bo mu Rwanda na Vampino umuhanzi w’icyamamare muri Uganda ndetse na Miss Erica umuhanzikazi w’Umurundi ukorera umuziki mu Rwanda kimwe nabandi benshi.

isangoNaason ku rubyinirodip gdip gDiplomate ku rubyiniroRidermanRidermanRidermanRiderman imbere y'abafanaIsangoAbafana bari benshiIsangoIsangoIsangoAha umuziki uba washyushyeIsangoSimple G w'i Bugande imbere y'abafanaIsangoIsangoVampino icyamamare muri muzika waturutse i Bugande yari yitezwe na benshiIsangoSlow Burn nawe waturutse muri Uganda yashimishije abakunzi b'umuziki






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND