RFL
Kigali

Mu nama n’aba Disk burners bahagarariye abandi kompanyi ya DAD yabijeje kujya ibagezaho filime zisobanuye ku gihe

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:15/12/2017 15:16
1


Abasobanuzi b’amafilimi mu Rwanda nyuma yo kwibumbira hamwe bagakora ishyirahamwe aho ubu bari gukorana na kompanyi yitwa DAD banahawemo imigabane ejo kuwa kane bahuye n’aba Disk burners bahagarariye abandi mu turere dutandukanye tw’igihugu (Supervisors) bagirana ibiganiro by’imikoranire.



Iyi nama yahuje aba DJs bahagarariye abandi mu duce dutandukanye tw’igihugu yabereye mu mujyi wa Kigali aho ubuyobozi bwa DAD ndetse na bamwe mu basobanuzi bibumbiye mu ishyirahamwe bahawe imigabane muri DAD batangarije aba ba Disk burners ko kompanyi yabo yemewe n’amategeko ndetse banabamara impungenge ku kijyanye no kuzajya bagezwaho ama filime asobanuye kandi ku gihe.

DAD

Kompanyi ya DAD ifite abasobanuzi ba filimi bagera kuri 16 

Umwe mu bayobozi wa DAD, Alaphat ubwo yaganiraga n’umunyamakuru wa Inyarwanda.com yagize ati “Twe DAD turi company yemewe mu nzego z’ubuyobozi yaje kugezaho filime zisobanuye ku banyarwanda. Abasobanuzi bose turabafite kandi twabahaye imigabane muri DAD. Twazanywe no guca akajagari no guca ibintu byo gukorera mu mwijima ndetse n’uwagira ikibazo icyo aricyo cyose yatubaza kuko abafatanyabikorwa bacu twemeye no kubishingira”

DAD

DAD yagiranye inama n'aba Disk burners bahagarariye abandi

Baba abayobozi ba DAD ndetse n’abasobanuzi babarizwa muri iyi kompanyi ya DAD bemezako aba DJs ntacyo bazababurana cyane ko filimi zo zamaze gutangira gusobanurwa zimaze kugwira. Umusiobanuzi wa filimi PK yagize ati “Abasobanuzi ba filimi rero, dufite imigabane muri DAD, ntaho tuzajya kuko turi abafatanyabikorwa babo kandi dufite cooperative duhurirampo. Ntimugire impungenge z’uko twavamo kuko twaba dusize umutungo wacu uriyo ndetse na cooperative yacu ifite amategeko ayigenga…”






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kalisto6 years ago
    abasa...mukora stuff zikeye tu iyo tuba turi muri 2005, ariko nyine zarengeje igihe cyazo turi muri 2017, umuntu asigaye agira isoni zo kuzirebera ahari abantu benshi, bazireba bihishe, igiciro, aho zigurishwa, abazigurisha, uko zisa, uko zitangwa n'ibindi bigize systeme de production na distribution yazo byose ni antiquite. Impamvu izo produit zari zikiri kwisoko nuko abazikora bari decentralise, umwe ahagarikwa ntibigire ingaruka ku bandi, none mugiye hamwe ngo mwunguke?, nshuti zanjye, narezwe n'agasobanuye, ariko abantu barakura, sinkikareba akongereza karaje, none ngo mwishyize hamwe, uwazaga agamije kubahagarika byaramunaniraga kuko mwari mutatanye, none mugiye hamwe, koko murumva bizamusaba amasaha angahe ngo systeme yanyu yose ayihagarike? Umuziki radio zatangiye kuwishyura, ibihe birimo guhinduka naho mwe murimo kurwana mukiza ubwato burimo kurohama? muzabaze abari muri TITANIC kbsa uko byarangiye bigenze (nayibonye nka 2006 isobanuye)





Inyarwanda BACKGROUND