RFL
Kigali

Senderi yasohoye indirimbo nshya ashishikariza abashaka kuza ku isonga mu kwesa imihigo kuyikuramo amasomo-YUMVE

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:9/11/2017 10:46
2


Muri iyi minsi Senderi Hit yatakaga ubukene ku buryo yahamyaga ko atakibasha no gukora indirimbo kubera ubukene, nyuma yo kwigaranzura iby’ubukene uyu muhanzi yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘inshyushyu’, iyi ngo abaturage bashaka kuza ku isonga mu kwesa imihigo bagomba kuba bayizi.



Aya ni amagambo Senderi Hit yabwiye Inyarwanda.com ubwo yazanaga indirimbo nshya, yagize ati” Iyi ndirimbo nshya nayikoze mu rwego rwo kwibutsa abaturage ibijyanye na gahunda za guverinoma" Senderi ahamya ko iyi ndirimbo izafasha buri muntu wese wifuza kuza ku isonga mu kwesa imihigo.” Bityo akaba asaba abayobozi b’uturere n’imirenge kuyikwirakwiza mu baturage babo kugira ngo bibafashe gukora ubukangurambaga kuri gahunda za Leta.

senderi

Senderi Hit

Iyi ndirimbo nshya ya Senderi nawe yemera ko ari indirimbo yari isanzwe ikoreshwa mu gushyushya abantu, icyakora we akaba yarayifashe akongeramo ubutumwa bwo kwibutsa abaturage uko gahunda za leta zimeze. iyi ikaba ari indirimbo yakozwe n'umusore Madebeat umwe mu banyarwanda bari kuzamuka neza mu gutunganya indirimbo za benshi mu byamamare hano mu Rwanda.

UMVA HANO IYI NDIRIMBO NSHYA YA SENDERI YISE ‘INSHYUSHYU’

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • steve6 years ago
    Komereza ho Senderi International Hit, Maywether, Intare y'umugi, from Kigali to havard tukuri inyuma abafana bawe na haduyi wako umemupiga cyamutema kuni(the best)
  • Mazimpaka ingabire1 year ago
    tumurinyuma mugukora ibyateza imbere imiberehoyacu





Inyarwanda BACKGROUND