RFL
Kigali

Airtel yasohoye amashusho ya ‘WICECEKA’ ihuriwemo na The Ben, Meddy, Riderman na King James -VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:7/11/2017 15:04
7


Bwa mbere, abahanzi bane bakomeye kandi bakunzwe mu Rwanda King James, Riderman, Meddy na The Ben bahuriye mu ndirimbo ‘Wiceceka’, kuri ubu amashusho y’iyi ndirimbo yamaze kugera hanze.



Iyi ndirimbo yari yarakozwe bwa mbere na King James iza gusubirwamo yifatanyije na Riderman, The Ben na Meddy. Ni indirimbo iryoheye amatwi. Guhuza aba bahanzi b'ibyamamare mu ndirimbo ni ubwa mbere bishobotse, ibi ni Airtel yabitekereje mu rwego rwo gukomeza kugeza ku banyarwanda ibyiza muri serivisi ndetse no mu myidagaduro.

Iyi ni indirimbo yifashishijwe mu bitaramo bitandukanye Meddy aherutse gukorera mu Rwanda, ikaba igiye hanze nyuma y’igihe kinini icurangwa ndetse inakunzwe mu bakunzi ba muzika.

REBA HANO INDIRIMBO 'WICECEKA' YAHURIWEMO N'IBYAMAMARE BINYURANYE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • David6 years ago
    Audio ndumva king james arimo but video namubuze namwe mumfashe ahari ninjye ureba nabi
  • Jado6 years ago
    Nice song. Meddy urI umustar arko jya wambara nkaba star banaaaa. Ibintu byo kwambara nabi ubiveho. Thx
  • Hassan6 years ago
    Kwambara nkabastar night gute? Papa take it easy
  • David6 years ago
    Jado ibyo siwowe ubibona gusa. Then Ben cyera niwe nabonaga ari umuturage ariko griffes asigaye yarakubye Meddy sana kandi muri showbiz bigira impact nini n'ubwo ari uburenganzira bwa Meddy kutiyitaho cyane. Nawe ndumva izi comments ziba zimugeraho
  • kk6 years ago
    Aya majwi kabisi yakwica , bazakore indirimbo atari iyamamaza turebe , all stars
  • Nulu6 years ago
    Meddy muge mumureka sha azi agakino mukibuga. Meddy rata icyo dushaka nimizingo idasaza namba naho inyimyambarire biraza bigashira nagahararo .
  • rukundo6 years ago
    eee! mbega uziko hatari THEBEN ntamuhanzi twaba dusigaranye ako rero numusore kbx THEBEN ni danger





Inyarwanda BACKGROUND