RFL
Kigali

Ubukwe bwa Ama G The Black buratashye, impapuro z’ubutumire zageze hanze

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:2/11/2017 7:14
6


Muri iyi minsi hadutse inkuru ivuga ku bukwe bw’umuraperi Ama G The Black, uyu akaba agiye kurushingana n’inkumi bakundanye nyuma yo gutandukana n'uwari umugore we banabyaranye imfura yabo. Kuri ubu Ama G yamaze gushyira hanze impapuro z’ubutumire mu bukwe bwe n’umugore we mushya.



Byatangiye bivugwa nk’ibihuha ariko ubu byamaze kuba impamo, ubukwe bwatashye, 2017 irasiga Ama G The Black akoze ubukwe n’ugiye kumubera umufasha cyane ko ubukwe bwabo buri mu Ukuboza 2017. Nkuko bigaragara kuri izi mpapuro z’ubutumire, ubukwe bwa Ama G The Black na Uwase Liliane umukunzi we mushya buzaba tariki 24 Ukuboza 2017.

AMAG THE BLACKImpapuro z'ubutumire z'ubukwe bwa Ama G The Black

Nkuko gahunda iri kuri izi ‘Invitation’ ibivuga ngo kuri iyi tariki saa tatu za mu gitondo ni umuhango wo gusaba no gukwa ibirori bizabera ku Ruyenzi mu nyubako ya ‘Chris Guest House’. Nyuma yaho saa cyenda z’amanywa hakazaba kwakira abatumirwa ibirori bizabera Kicukiro saa cyenda z’amanywa.

AMAG THE BLACK

Uwase Liliane ugiye kurushinga na Ama G The Black

Ama G The Black agiye kubana na Uwase Liliane nyuma y’igihe gito atandukanye na Rosine bari bamaranye imyaka igera kuri ibiri babana ndetse baranabyaranye imfura yabo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    Liliane ndamuzi apu najane
  • Mimi6 years ago
    Abakobwa bibabere isomo. Reba uriya wihaye kubana nawe munzu imyaka 2 yose ataramukoye none bikaba bishoje yishakiye undi. Ubwo se usigaye uri iki wa mukobwa we koko? Urabenzwe, urasenzwe, habaye iki mu by'ukuri? Musigeho gukina n'ubukobwa bwanyu. Umukobwa ntabwo ari nk'inzoga basogongera ngo nibasanga ibishye bayihorere! Ariko namwe basore bizabagaruka ibyo mwimenereza. Ubu se kweli kariya kana kawe wari waramenyereje ko mubana nka papa wako kakaba kagiye kwangara cyangwa kurerwa na mukase byo ubishakiye iki? Ibyo ukoreye nyina gashobora kuzabikwitura ntukine
  • Jules006 years ago
    Nti mugakunde guca imanza kuri vie prive, bafite impamvu babanye bafite n'impamvu batandukanye kandi twe ntibitureba. Murakoze
  • Fanny6 years ago
    Ark Mana ubwose unaniranwe nuwsmubyariye azashobokana nuwo ndumiwe koko aha cyakoze abosere bikigihe mwirinde guhemuka kuko bizabagaruka pe
  • 6 years ago
    Rosine na am G bakundanye biga secondaire muri APEKA i kanombe bakundanye igihe kinini kuva 2013 njye mbona uyu musore azicuza ibyo akoze arahubutse pe
  • 6 years ago
    thank you mimy, gusa amagi azi gufata umwanzuro ntabwo ameze nka MADIBA.





Inyarwanda BACKGROUND