RFL
Kigali

Ombolenga Fitina avuga ko ikibazo cya APR FC na Kiyovu Sport cyarangiye

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:26/10/2017 13:45
0


Ombolenga Fitina myugariro wa APR FC wanakiniye Kiyovu Sport avuga ko kimwe mu byatumaga adakina ari ikibazo cy’amasezerano yari agifitanye n’iyi kipe yo ku Mumena bityo bikamubangamira mu kuba atakwemererwa gukina.



Kuri ubu avuga ko ikibazo cyari hagati ya APR FC na Kiyovu Sport byarangiye  igisigaye nuko icyangombwa cy’abakinnyi “Player License” yakabaye yarabonetse muri iki Cyumweru.

“Ubu meze neza nta kibazo. Niko byari bimeze ariko byarakemutse ubu nta kibazo. Ndi umukinnyi w’ikipe ya APR FC. License sinzi niba yarabonetse ariko muri iki Cyumweru nibwo ikibazo cya APR na Kiyovu Sport cyarangiye”. Ombolenga

Ombolenga Fitina avuga ko mu gihe byaba bigenze neza yahura na Kiyovu Sport kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2017. Kuri we ni ibintu bitoroshye guhura n’ikipe yamuzamuye akaba umukinnyi ukomeye gusa ngo biba ari ngombwa ko ayereka ko agishiboye umupira.

Fitina yageze muri APR FC nyuma y’umwaka yari amaze muri MFK Topvar Topoľčany muri Slovakia, ikipe yagiyemo avuye muri KIyovu Sport arikon akaba yari yagiye hanze bisa nk’aho atijijwe. Uyu musore avuga ibya Topvar na Kiyovu Sport byo byarangije gukemuka.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND