Nyuma gato ya Gicurasi 2016 ubwo Eric Dusingizimana yari amaze gukora agahigo ko kumara amasaha 51 aterwa udupira akadusubia inyuma (Batting), ni bwo hatangiye urugamba rwo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’umukino wa Cricket mu Rwanda, ikibuga kiri mu bya mbere muri Afurika nyuma ya Afurika y’epfo na Uganda.
Ni ikibuga kizarangira gitwaye ayasaga miliyoni 900 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo gitangire gukoreshwa no kwakira imikino n’amarushanwa mpuzamahanga. Iyi sitade yubatswe mu byiciro bibiri (2), igice cya mbere cyari ukubanza kubaka ikibuga mbere yo kubaka amazu n’imyanya izafasha mu bijyanye n’aho abakinnyi baruhukira no kuba bakwambarira (Dressing Rooms), kubaka akabari n’indi myanya izakenerwa kugira ngo iyi sitade ibe yujuje ibisabwa kugira ngo ibe mpuzamahanga.
Amafaranga yo kubaka iki kibuga kiri ku rwego mpuzamahanga yakusanyijwe na kapiteni w’ikipe y’igihugu, Eric Dusingizimana mu bihugu bitandukanye nk’u Bwongereza nyuma yo guca agahigo ko kumara amasaha 51 aterwa udupira twa Cricket (batting) akandikwa mu gitabo cy’abaciye uduhigo ku isi (Guinness World Records).
Ubwo duheruka kuganira nawe, Dusingizimana usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Cricket ariko akaba yaranarangije kaminuza mu bijyanye n’ubwubatsi (Engineering), yabwiye Inyarwanda ko igihe iki kibuga kizaba cyuzuye u Rwanda rushobora kubona amahirwe yo kwakira amarushanwa mpuzamahanga atandukanye ubundi yaberaga mu bihugu nka Uganda, Afurika y’Epfo n’ibindi.
Kubaka iki kibuga muri rusange bizatwara miliyoni imwe n’ibihumbi 200 by’amadolari ya Amerika (1.200.000 US$) asaga na miliyoni 930 z’amafaranga y’u Rwanda (930.000.000 FRW) ariko icyiciro cya mbere cyonyine kikazatwara ibihumbi 779 (779.000 US$) by’amadolari asaga miliyoni 609 z’amafaranga y’u Rwanda (609.000.000 FRW).
 
Iyo uvuye mu muhanda wa Kicukiro urenga gato isoko rya Gahanga ukamanuka uyu muhanda ugana kuri iyi sitade

Mbere yo kubona mu kibuga ubanza guhitira kuri iyi nyubako

Ukinjira mu marembo uhabona ikibuga kifashishwa muri "Batting" hamwe mu hakorewe "I am Back" Indirimbo ya Jay C yafatanyijemo na Bruce Melodie


Ubwatsi bugize ikibuga ni ubuterano ariko buboneka bigoranye


Urebye ubona imirimo isigaye ari ukunogereza neza inyuma

Ni ikibuga cyegereye ingo z'abaturage

Inkengero za sitade naho haba hatsindagirwa



Ibyumba bizakenerwa byose birimo aha


Ni ikibuga kinini bihagije


Imirimo yo kuhira ikibuga

Iyubakwa ry'ikibuga ryagonze intsina bazigirira impuhwe kuko ntacyo zizabangamira abakinnyi


Imashini zabugenewe mu gutunganya ibibuga

Inzobere mu bijyanye no kubaka ibibuga baba bagenzura buri kimwe


Iyo wicaye ureba mu kibuga ugasa naho uhindukira ureba ku nyubako

Kuwa 13 Gicurasi 2016 ni bwo Eric Dusingizimana yaciye agahigo ku kumanara amasaha 51 akina Cricket
AMAFOTO: Saddam MIHIGO-Inyarwanda.com

