RFL
Kigali

Sobanukirwa n’indwara y’umutwe w’uruhande rumwe( migraine)

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:16/10/2017 17:55
0


Migraine ni indwara izwi nk’umutwe w’uruhande rumwe, umuntu akumva arababara mu gice kimwe ikindi ari kizima, iyi ndwara ngo usanga ahanini iterwa no kuba umuntu afite ikibazo ku bwonko bikaba ari byo bitera kuribwa umutwe w’uruhande rumwe



Kugirango ubwonko bugire ikibazo cyangwa se bunanirwe biba byatewe n’impamvu nyinshi zitandukanye ari zo

Agahinda gakabije

Kunywa ibiyobyabwenge

Umunaniro ukabije

Kutaruhuga igihe gihagije

Urusaku n’ibindi

Ibi ngo biri mu bishobora gutuma umuntu abatwa na migraine ku buryo ageraho akabifata nk’ibisanzwe akayakira mu buzima bwe bwa buri munsi

Ese ni ibihe bimenyetso bishobora kukwereka ko urwaye migraine?

Kubera ko ibitera iyi ndwara bigenda bitandukana, usanga abarwayi bayo nab o batandukanya ibimenyetso ku buryo abantu babiri bashobora kuyirwara ariko ntibayihuze nkuko…….

Bimwe muri ibyo bimenyetso harimo:

Kubabara umutwe

Kutabasha kureba neza

Umushiha ukabije

Kugira iseseme no kuruka

Kuribwa igifu n’ibindi

Uramutse ubonye bimwe muri ibi bimenyetso, ni byiza ko wihutira kujya kwa muganga kuko iyo basanze indwara imaze igihe biba ngombwa bakubaga umutwe kugirango ikibazo ufite kibashe gukemuka, ushobora kandi kwifasha kurwanya iyi ndwara aho ushobora kwirinda zimwe mu mpamvu zavuzwe haruguru zishobora kuba intandaro yo kurwara migraine cyangwa umutwe w’uruhande rumwe

Src: medecinenet






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND