RFL
Kigali

Umuraperi Bac T yakoranye indirimbo n’umuhanzi w’Umuhinde Shiva–YUMVE

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:9/10/2017 10:33
0


Bac-T ni umwe mu baraperi bake barapa mu rurimi rw’igiswahili hano mu Rwanda. Kuba arapa muri uru rurimi rukoreshwa cyane mu karere byamufashije guhura no guhuza n’uyu muraperi mugenzi we w’umuhinde ukorera muzika ye muri Kenya.



Uyu muraperi Bac T kuri ubu arimo gukorana bya hafi n’umuraperi Shiva ukomoka mu Buhinde ariko akaba akorera muzika ye muri Kenya aho anafite inzu itunganyirizwamo umuziki izwi ya Bliss Recordz. Inyarwanda.com iganira na Bac T yatangaje ko uyu muhinde uba muri Kenya yumvise indirimbo ze akifuza ko bahura nyuma bemeranya gukorana indirimbo kuri ubu yanamaze kujya hanze, bakaba barayise ‘Mpango’.

Nkuko Bac T yabitangaje ngo yakoranye indirimbo n'uyu muhinde nyuma yo gusanga bose ari abahanga ndetse bakemeranya imikoranire kuri iyi ndirimbo ndetse na nyuma yayo.

UMVA HANO IYI NDIRIMBO NSHYA 'MPANGO' YA SHIVA NA BAC T






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND