Skol yashyize ku mugaragaro ikibuga cyayo cyatwaye arenga miliyoni ijana z’amafaranga y’u Rwanda,hanabera umukino wa mbere. Kuri uyu wa 29 ukwakira 2017 ni bwo uruganda rwa SKOL rumenyerewe mu guteza imbere imikino itandukanye rwashyize ku mugaragaro ikibuga gikinirwaho umupira w’amaguru
Uruganda rwa SKOL rwatangaje ko ikipe ya Rayon Sports rusanzwe rutera inkunga izajya yitoreza kuri iki kibuga. Iki kibuga kikaba cyahise kiberaho umukino wa gicuti wahuje ikipe ya Giti cy’inyoni isanzwe ibarizwa mu kiciro cya kabiri muri shampiyona y’u Rwanda ndetse n’abakozi b’uruganda rwa Skol,umukino warangiye ikipe ya Giti cy’inyoni itsinze uruganda rwa Skol igitego kimwe ku busa. Iki kibuga kugeza ubu kikaba kimaze gutwara asaga miliyoni ijana y’amafaranga y’u Rwanda nubwo bemeza ko kitaruzura nkuko babyifuza.
Umuhango wo gutaha iki kibuga witabiriwe na Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne,umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Skol ndetse n’abakunzi ba siporo nyarwanda muri rusange. Iki kibuga cyubatse mu mudugudu wa Giti cy’inyoni,akagali ka Nzove,Umurenge wa Kanyinya mu karere ka Nyarugenge ndetse kikaba cyujuje n’ibipimo fatizo bya FIFA.
Umuyobozi mukuru w'uruganda rwa Skol yabanje kuganiriza abanyamakuru
Iki kibuga cyubatse neza ku gishanga cya Nyabarongo
Hahise habera umukino wa mbere wo gutaha iki kibuga
Ikipe ya Giti cy'inyoni itwara igikombe itsinze ikipe y'abakozi b'uruganda rwa Skol
Kuri iki kibuga ntawuzajya yicwa n'icyaka kuko Skol yahashyize akabari kujuje ibisabwa
Umutoza wa Rayon Sports n'abamwungirije bari bari mu bitabiriye iki gikorwa
AMAFOTO: Lewis IHORINDEBA-Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO