Hari hashize igihe kinini Sebu na Mutemberezi ari inshuti magara ndetse banafitanye umushinga w’ubuhanzi ariko ubu ntibacana uwaka. Ku rundi ruhande Kadogo yiyemeje kwambura nyirarume imitungo y’iwabo yose.
Abakunzi ba filime y’uruhererekane Seburikoko bahishiwe byinshi mu gace ka 45 aho muri akagace bari busangemo byinshi bibera muri gatoto harimo amakimbirane hagati ya Kadogo wiyemeje kwaka imitungo y’iwabo yose Nyirarume ndetse n’umusaza Sebu wamaze gushwana na Mutemberezi nyuma y’igihe kinini bari bamaze ari inshuti magara.
Uretse aya makimbirane ariko muri aka gace turasangamo guhinduka ku mukecuru Venansiya noneho wiyemeje kumvikana n’umukazana we. Ibi kimwe n’ibindi byinshi ni byo muhishiwe muri akagace ka 45 k’iyi filime y’uruhererekane ikorwa ndetse ikanatunganywa na Afrifame Pictures.
TANGA IGITECYEREZO