RFL
Kigali

MU MAFOTO 50: Ku isabukuru ye, Alain Numa (MTN) yambitswe umudari arizwa n'amagambo y'imfura ye

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:21/09/2017 13:07
0


Alain Numa umukozi wa MTN Rwanda ushinzwe imenyekanishabikorwa muri iyi sosiyete y’itumanaho imaze kuba ubukombe mu Rwanda, kuri uyu wa 20 Nzeli 2017 yatunguwe na bamwe mu nshuti ze bamukorera ibirori by’isabukuru y’amavuko, bamwambika n’umudari w’ishimwe.



Alain Numa umaze imyaka 17 akorera MTN Rwanda akaba amaze imyaka 19 yubatse urugo, kuri uyu wa 20 Nzeri 2017 yujuje imyaka 44 y’amavuko dore ko yavutse tariki 20 Nzeli 1973. Umuryango wa Alain Numa wamukoreye ibirori by’isabukuru bashimira Imana kubwa byinshi yabakoreye banayishimira ko yongereye Alain Numa undi mwaka wo kubaho.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko ya Alain Numa byabereye mu mujyi wa Kigali i Nyarutarama kuri KHANA KHAZANA. Bamwe mu nshuti za Alain Numa baturutse mu muryango All Gospel Today bakunze guhurira kenshi mu bikorwa by’ivugabutumwa, bamutunguye bamusanga aho yari i Nyarutarama ari kumwe n’umuryango we, bifatanya nabo kwishimira isabukuru ye y’amavuko.

Alain Numa

Alain Numa yatunguwe no kubona abantu binjiye bamuririmbira

Bamwe muri izo nshuti ze bamutunguye ku isabukuru ye hari higanjemo abahanzi b'ibyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel music) barimo; Patient Bizimana, Aline Gahongayire, Tonzi, Phanny Wibabara, Kavutse Olivier, Muganwa Assumpta wamamaye nka Satura, Brian Blessed, Serge Iyamuremye, Diana Kamugisha, Pastor Rose Ngabo n’abandi.

Alain Numa

Abakozi ba KHANA KHAZANA batanze umusanzu muri iki gikorwa

Hari kandi abandi bantu bazwi cyane mu gisata cya Gospel barimo Pastor John Kayiga umuyobozi wa Groove Award mu Rwanda, Miss Bellange Irene Muhikira wambaye ikamba rya nyampinga wa UNILAK, Uwagaba Caleb wahoze ari umujyanama wa Papa Emile, Valentine Mudogo (Vava) uzwi mu bikorwa byo gufasha abana batishoboye, umuvugabutumwa David Mucyo, umuvugabutumwa Rebecca uzwi nka Becky wo muri UCC, Fiacre Nemeyimana wamenyekanye afasha Israel Mbonyi, umunyamakuru Steven Karasira wa Radio Umucyo, umunyamakuru Ronnie wa Televiziyo y’u Rwanda, Tumusiime Juliet uzwi muri Power of Praise n’abandi.

Alain Numa

Ahagana isaa mbiri z’umugoroba ni bwo aba bageze ahaberaga ibi birori, bahamara umwanya munini dore ko batashye ibirori birangiye ahagana isaa tanu z’ijoro. Buri wese wafataga ijambo yashimiraga cyane Alain Numa ku ishyaka agirira umurimo w’Imana by'umwihariko umuziki wa Gospel, akaba hafi y’abahanzi banyuranye akabagira inama ari nako yitabira ibikorwa byayo. Usibye kumwifuriza ibyiza mu gihe akiri ku isi, banamwifurije kuzaragwa ubwami bw’ijuru akiturwa ineza agirira abamamaza Yesu Kristo mu mbaraga ze zose. Mu kumushimira ibyiza ari gukora mu ivugabutumwa, bamwambitse umudari w’ishimwe.

Jacqueline Umurerwa, umugore wa Alain Numa nawe yashimiye cyane umugabo we kubwo urukundo yagiye amugaragariza mu myaka 19 bamaranye, asezeranya inshuti za Alain Numa ko nawe agiye gutangira kujya yitabira ibikorwa by’ivugabutumwa akitabira ibitaramo byabo mu mwanya azajya aba afite. Chelsea Tamara Irakoze, umukobwa w’imfura ya Alain Numa yasangije abari muri ibi birori ishimwe afite ku Mana. Yashimiye papa we kuba yarabaye hafi y’umuryango (abana na mama wabo) akabagaragariza urukundo mu burwayi nyina (Mama Chelsea) yahuye nabwo, ntabe nk’abandi bagabo bata ingo zabo igihe mu ngo zabo haba hari ibibazo. Yashimiye ababyeyi be ko bamureze neza abizeza kuzabereka ubukwe bwiza.

All Gospel Today

Basangiye ibyo kurya n'ibyo kunywa

Alain Numa yakozweho cyane n’urukundo yeretswe n’izi nshuti ze ndetse n’umuryango we. Yunzemo ko yishimiye kuba umuryango we ubonye bamwe mu nshuti ze bahurira cyane mu bikorwa by’ivugabutumwa. Mu kiganiro na Inyarwanda.com, Alain Numa yavuze ko ari ubwa mbere akorewe ibirori bikomeye by’isabukuru ye y’amavuko, by’umwuhariko akaba yatunguwe na bamwe mu nshuti ze za hafi bo muri Gospel. Alain Numa avuga ko umunsi we w’amavuko ari umwanya wo gushimira Imana ikimutije ubugingo, akaba n’umwanya wo gutekereza ejo hazaza h’umuryango we.

Kuba Alain Numa akunze kugaragara cyane mu bikorwa by'ivugabutumwa, bituma hari abavuga ko yaba agiye kuba pasiteri. Inyarwanda twamubajije iki kibazo, adusubiza muri aya magambo: "Ehhh oyaa ntabwo haragera uretse ko byose ari Imana,iramutse intoranyije ubwo haba hageze gusa badoo,kuva mu kazi kereka mpawe inshingano zansaba umwanya munini mu murimo naho ubundi n’akazi nagakomeza. Gushinga church (itorero) wapi, uwo muhamagaro nturangaragaraho nkuko nabivuze biramutse ari byo mpawe n'Imana ubwo yazancira inzira nanone."

All Gospel Today

Alain Numa yambitswe umudari w'ishimwe

Alain Numa yabajijwe kandi ku bijyanye n'umuziki wa Gospel, icyo awukundira, aho abona icyuho ndetse n'icyo awifuriza, adusubiza gutya: 

Gufasha abahanzi ba Gospel ndumva ari umutwaro uretse ko mu kazi kanjye ka buri munsi abahanzi bose mba ngomba gukora ibishoboka ngo bagire aho bagera ariko muri Gospel nk'umukristu mba mbona baratinze kugera aho bigeza nkaba numva mparanira kubona hari urundi rwego bagezeho...Gospel mu Rwanda ndabona imaze guhagarara neza,abahanzi bafite icyerekezo bavuye kure cyane ariko intambwe bagezeho irashimishije. Harabura rero kumenya uko impano bazibyaza izindi mbaraga,amafaranga arakenewe...Harabura kwumvisha abaterankunga ko na Gospel yatambutsa ubutumwa bw’ibicuruzwa byabo,n’urubuga batagakwiye gusuzugura kuko ruhurirwaho n’abantu benshi. Ndabifuriza kubabona ku rwego mpuzamahanga,ibihangano by’imbaraga zikiza,zibohora ndetse zihindura amateka yabazumva.

KANDA HANO UMENYE ANDI MAKURU UTARI UZI KURI ALAIN NUMA

REBA HANO AMAFOTO YUKO BYARI BIMEZE

Alain Numa

KHANA KHAZANA ifite abakozi bafasha abakiriya baba bateguye ibirori by'isabukuru

Alain Numa

Alain Numa yari yasazwe n'ibyishimo

Alain Numa

Alain Numa byamurenze wongere ngo byamurenze

Alain Numa

Patient Bizimana ari mu batunguye Alain Numa

Miss Bellange

Briana Blessed, Ev Mucyo, Miss Bellange na Alain Numa

Serge Iyamuremye

Alain Numa asuhuza Serge Iyamuremye

Tonzi

Tonzi mu birori by'isabukuru ya Alain Numa

Miss Bellange

Aline Gahongayire aganira na Miss Bellange

Alain Numa

Alain Numa hamwe na Patient Bizimana

Alain NumaPatient Bizimana

Phanny Wibabara, Patient Bizimana na Tonzi

Alain Numa

Alain Numa hamwe na bamwe mu nshuti ze za hafi

Alain Numa

Jacqueline Umurerwa, umugore wa Alain Numa

Pastor Rose

Pastor Rose Ngabo ni we wasenze isengesho ryo gutangiza gahunda

Alain Numa

Umwe mu bana ba Alain Numa na Jacqueline

Brian Blessed

Brian Blessed, Serge na Tonzi

Serge Iyamuremye

Serge, Tonzi na Aline Gahongayire

Jeannine Umwiza

Jeannine Umwiza mushiki wa Patient Bizimana

Kavutse Olivier

Kavutse Olivier yaje muri ibi birori avuye muri Kenya

All Gospel TodayAlain Numa

Alain Numa hamwe n'umufasha we

Alain Numa

Alain Numa asuhuza imfura ye

All Gospel Today

Diana Kamugisha wamamaye mu ndirimbo 'Haguruka'

All Gospel Today

Umunyamakuru Steven Karasira

All Gospel Today

Brian Blessed na Serge Iyamuremye

All Gospel Today

Aline Gahongayire mu birori by'isabukuru ya Alain Numa

Alain Numa

Babonye umwanya wo kuganira birambuye

All Gospel Today

Patient Bizimana na Diana Kamugisha

All Gospel Today

Satura hamwe na Vava

Ev Mucyo David

Umuvugabutumwa Mucyo David hamwe na Vava

Alain Numa

Umwe mu bana ba Alain Numa na Jacqueline

Alain NumaAlain Numa

Alain Numa yungurana ibitekerezo na Patient Bizimana

Alain Numa

Bamaranye imyaka 19 babana nk'umugabo n'umugore

Tonzi

Tonzi yashimiye cyane Alain Numa urukundo agaragariza abantu

Alain NumaAline Gahongayire

Ntiwirirwe wibaza icyo Aline Gahongayire yari yabaye, ibi birori byaranzwe n'urwenya rwinshi

All Gospel Today

Jeannine Umwiza hamwe na Pastor Rose Ngabo

Umwiza Jeannine

Umwiza Jeannine hamwe n'umuryango wa Alain Numa

All Gospel Today

Alain Numa yabwiye Brian Blessed ufatanya ubuhanzi n'uburuzi ati 'Ngize amahirwe uje hano,ngiye kuguha isoko, madamu arashaka ko umugurisha imyenda ya siporo, si impano ahubwo tuzakwishyura'

Miss Bellange

Miss Bellange Muhikira umaranye imyaka 5 ikamba rya Miss UNILAK

All Gospel Today

Vava umwe mu itsinda ryateguye iki gikorwaAll Gospel Today

Irene MuhikiraEv Becky

Umuvugabutumwa Becky wo mu itorero UCC

Alain Numa

Alain Numa ati 'Ndashima Imana ko nkiri agasore'

Phanny Wibabara

Phanny Wibabara

Chelsea

Chelsea Irakoze imfura ya Alain Numa na Jacqueline

Ec Uwagaba Caleb

Umuvugabutumwa Uwagaba Joseph Caleb

Alain Numa

Ahagana isaa tatu n'indi minota ni bwo Pastor Kaiga, Ronnie na Juliet bahageze

Miss Bellange

Juliet Tumusiime asuhuza Diana Kamugisha, Steven Karasira ati 'gira vuba nanjye unsuhuze'

All Gospel Today

Alain Numa na Ronnie Gwebawaya ukora mu kiganiro RTV Sunday Live

Serge Iyamuremye

Tonzi yateze amatwi mugenzi we Serge baganira icyarushaho guteza imbere umuziki wa Gospel

Numa

Alain Numa n'umufasha we bakata umutsima

Mama Chelsea

Mama Chelsea ibyishimo byari byose

Alain Numa

Bafashe ifoto y'urwibutso

Alain Numa

Pastor Kaiga John yambika Alain Numa umudari w'ishimwe

Alain Numa

Burya umuntu wishimye ni uku aba ameze

Alain Numa

Alain Numa yambitswe umudari w'ishimwe

All Gospel Today

Brian Blessed na Tonzi bagaragaje ko bashobora guhiga benshi mu kwifotoza

Jacqueline Umurerwa

Jacqueline Umurerwa ageza ijambo ku bari muri ibi birori

Alain Numa

Alain Numa ati 'Uyu mugore mubona twatangiye gukundana twiga mu mashuri yisumbuye'

Alain Numa

Chelsea ati 'Ngiye kuvuga ikintu ntigeze mbwira papa na mama. Ndashimira papa ko yakomeje gukunda cyane mama mu burwayi yagize, ntabe nk'abandi bagabo bagera mu bibazo bagata ingo ahubwo we akaba yarakomeje gukunda mama natwe abana akatwitaho,..'

Chelsea

Barijijwe n'amagambo akomeye Chelsea yavugiye muri ibi birori

Alain NumaJacqueline Umurerwa

Mu gusoza bafatanye mu biganza biragiza Imana

AMAFOTO: IRADUKUNDA Desanjo-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND