RFL
Kigali

Sugira Ernest wavuye i Kinshasa asubije imodoka ya Vita Club yamaze kwishumbusha indi–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:12/09/2017 18:22
5


Ubwo Sugira Ernest yerekezaga muri Congo agiye gukinira ikipe ya Vita Club yahawe amasezerano akubiyemo no guhabwa imodoka azajya agendamo mu mujyi wa Kinshasa, aha bamuhaye imodoka yo mu bwoko bwa Benz, arangije amasezerano y’umwaka n’igice yaratashye iyi modoka arayisubiza, kuri ubu Sugira yamaze kwishumbusha.



Uyu musore wagarutse mu Rwanda agasinya amasezerano muri APR FC yaje guhura n’ikibazo cy’imvune yavunikiye mu myitozo y’ikipe y’igihugu Amavubi aho yahawe amezi atari make adakina. Uyu musore wamaze kuva mu bitaro ubu uri mu rugo iwe yamaze kwishumbusha imodoka ari kugendamo kabone nubwo afite imvune itoroshye.

sugiraSugira yegamye ku modoka yari yahawe muri Vita Club

Uyu mukinnyi mushya mu ikipe ya APR FC kuri ubu ari kugenda mu modoka yo mu bwoko bwa RAV4, iyi ikaba yafotowe n’umufotozi wa Inyarwanda ubwo uyu musore yari ayirimo avuye kureba umukino wa APR FC na AS Kigali. Abajijwe niba koko iyi ari yo modoka ye nshya yatangaje ko ari iyo yaguze ariko yanga gutangaza amafaranga yayiguze.

sugirasugiraSugira uri kugendera ku mbago ari kubasha gutwara imodokasugirasugirasugira

sugiraImodoka Sugira Ernest yishumbushije kuri Benz yasize muri Congo

AMAFOTO: Nengiyumva Emmy-Inyarwanda Ltd






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • cris6 years ago
    ark ni automatic? kuko ntiyabasha gukandagira embluage acumbagira atya!
  • Rayon6 years ago
    Abakinnyi bacu baransetsa cyane koko umuntu ukinira amavubi akerekana Rava4 koko
  • king6 years ago
    hahah. naringize ngo n imodoka ihenze. Rav4 ntiyari ngombwa kuyishira mukinyamakuru nk icyi
  • Tunga6 years ago
    Ndi wowe nareka comment nkizo kuko kwerekana Rava4 nta kosa ririmo kdi ingendo yundi iravuna!
  • Rava 46 years ago
    Harabo mbona basetse ngo ntiyarakwiye kwerekana Rava4 ngo n'ikinyamakuru nticyagombaga gusohora iyi nkuru: nibe nawe, mwe mufite izihe? Ni uburenganzira bwa Sugira kugura imodoka ashaka niyo yaba iciriritse bwose! Nimwe mwisetse.





Inyarwanda BACKGROUND