RFL
Kigali

UBUZIMA: Habonetse umuti ufasha abantu kureka inzoga n’itabi mu minota 15 gusa

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:11/09/2017 18:31
36


Byaba byarakunaniye kureka inzoga burundu? Mbese wagerageje kureka itabi birakunanira? Dore igisubizo cyabyo.



Inzoga n’itabi ni bimwe mu bintu bikundwa n’abantu batari bacye ku isi aho ushobora gusanga umuntu akubwira ko aramutse aryamye atanyoye inzoga cyangwa itabi atasinzira, nyamara wagerageza gucukumbura impamvu yabyo ugasanga nta mpamvu igaragara yatuma umuntu aba imbata yabyo uretse kubishyira mu mutwe we gusa.

Uretse n’ibyo kandi usanga abantu batari bacye bakora ndetse bagakorera umushahara ufatika ariko ukwezi kwashira ugasanga bavuga ko nta mafaranga bafite kubera ko yose baba bayamariye mu kabari, ibintu usanga bigayisha uwabikoze kuko ahanini aba asa n’umuntu ukorera akabari gusa kandi afite urugo akwiriye kwitaho umunsi ku munsi. Rimwe na rimwe hari n’igihe usanga bamwe mu bakunda kunywa itabi ndetse n’inzoga bifuza kubireka ariko umutima ukanga neza.

Mbese wakora iki kugira ngo ureke inzoga n’itabi?

Dr. MUNYANKINDI Innocent umwe mu bahanga mu kuvura bakoresheje ibimera yahamirije Inyarwanda.com ko niba warabaswe n’inzoga ndetse n’itabi kandi ukaba wifuza kubivaho burundu, yaguha umuti ugutera kubihurwa akabikora mu gihe kingana n’iminota 15 gusa ugahita uva ku nzoga ubundi ugaca ukubiri no guhora uhangayikishijwe n’uko nta mafaranga ugira kandi uhembwa buri kwezi.

Dr. MUNYANKINDI avuga ko nta kidasanzwe akoresha uretse kuba umuntu yarishyizemo ko atanyoye inzoga cyangwa itabi yagubwa nabi, ariko uwo muti ngo ufasha umuntu kubibona nk’ibisanzwe kandi ngo nta zindi ngaruka ugira ku buzima bw’uwawunyoye.

Dr Munyankindi Innocent

Dr Munyankindi Innocent

Uretse ikibazo cyo kuba aba bantu bahura n’ubukene bikururiye, ubushakashatsi buherutse gukorerwa ku bagabo 5054 n’abagore 2099 banywa inzoga cyane bwerekana ko bahura n’ibibazo byo kwangirika ubwonko ntibabashe gukurikira neza no gukora ibintu bisaba ubwenge mu gihe kirekire.

Bivugwa kandi ko abantu bafite ibyago byo kugira ikibazo cy’ubwonko ngo ari abafata ibirahuri bitatu n’igice by’inzoga ku munsi, ibintu bituma umunywi w’inzoga w’imyaka 55 ubwonko bwe bukora nk’ubw’umusaza w’imyaka 61 nkuko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu myaka itatu ishize. Uramutse ushaka kuva ku nzoga n’itabi burundu, inyarwanda.com irabigufashamo iguhuze n’ababishinzwe.

Liliane KALIZA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • benjamin6 years ago
    murakoze cyane.none uyu muti uboneka he?
  • jeje6 years ago
    Muturangire c aho uwo doctor akorera nigute twamubona murakoze
  • emmy6 years ago
    muduhe numero ya Dr.cyangwa muduhe adress aho twamusanga mwaba mudufashije murakoze
  • 6 years ago
    bjr munyankindi akorera hehe nomero ze zaterephone nizihe
  • peace6 years ago
    muduhe numero ye ya telephone
  • Kharen6 years ago
    Mwaramutse it ni contact yanjye mwampa amakuru yose +250784144440 Murakoze
  • Kharen6 years ago
    Mwiriwe turifuza umuti wo kureka itabi n'inzoga ugura angahe nawubona gute murakoze
  • Kalisa Emmanuel6 years ago
    Ni byiza cyane. Mudufashe muduhe contact ze cg aho twamusanga kuko ndabona nta gisubizo murimo kuduha.
  • 6 years ago
    Andika igitekerezo cyawe mwiriwe kombifuzanababonante
  • Peter6 years ago
    Mwampuje na Dr Munyankindi akaamfasha kuva ku nzoga. Murakoze. Number yanjye 0787299357
  • Mugabowukuri5 years ago
    mwampuje nuwo MUNTU ko nshaka kureka izoga. nimero zange ni 0781978663
  • Kalisa Emmanuel5 years ago
    Nagirango mbabaze ko nabasabye contact z'uyu docteur ngategereza ngaheba? contact zanjye ni: 0781293045
  • Ndikumana Severin4 years ago
    Ndabahaye,mwiriwe,ndashaka,ubufasha,ubwaribwo Bwose,bwomfasha,guheba,burundu,itabi,ninzonga, Ndabinginze,mumfashe,ndarushe,muzoba Mukoze,mugire,ibihe,vyiza,murakoze,
  • Nitunga Eddy4 years ago
    mwaduhaye numéro zanyu
  • Theophile4 years ago
    Dukeneye who uyu muvuzi akorera cg nimero ye ya telephone.
  • Shema lsaac3 years ago
    None uwo muti twawubona gte
  • Tuyizere Duvarien3 years ago
    Mwamfasha mukampuza na doctor akampa umuti? Murakoze number ni 0783985996
  • Sisi3 years ago
    No ya tel twabonaho uwaduha umuti ni iyihe?
  • Turatsinze Bonny2 years ago
    Njye si igitekerezo ntanga ahubwo nashakaga kubabaza uko umuntu yabonana n'uwo mu Dr.
  • Bagwire2 years ago
    Uwo muganga akorera he , umuti ugura angahe?





Inyarwanda BACKGROUND