Mu 1960 Leopold Sedar Senghor yatorewe kuba perezida wa Senegal: bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Utuntu nutundi - 05/09/2017 11:23 AM
Share:
Mu 1960 Leopold Sedar Senghor yatorewe kuba perezida wa Senegal: bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Uyu munsi ni kuwa 2 w’icyumweru cya 36 mu byumweru bigize umwaka tariki 5 Nzeli, ukaba ari umunsi wa 248 mu minsi igize umwaka hakaba habura iminsi 117 ngo umwaka urangire.

Ibintu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:

1666: Umuriro ukaze wayogozaga umujyi wa Londres wari umaze icyumweru warazimye. Inyubako 10,000 nizo zakongowe n’uwo muriro harimo na cathedral ya mutagatifu Paul ndetse abantu 6 nibo bamenyekanye bawuguyemo.

1882: Bwa mbere umunsi w’abakozi muri Amerika warizihijwe ukaba waratangijwe n’urugendo rwabereye mu mujyi wa New York.

1960: Nyuma y’uko kibonye ubwigenge, umusizi Leopold Sedar Senghor yatorewe kuba perezida wa Senegal.

1972: Mu mikino ya Olempike yaberaga mu mujyi wa Munich mu budage, ibyihebe by’abanyapalestine biyise “Black September (Nzeli yirabura)” bafashe abakinnyi 11 b’abanya Israel bugwate bahita bicamo 2 abandi 9 babica umunsi ukurikiyeho.

1991: Amasezerano mpuzamahanga yasinywe hagati ya za Leta zo ku isi yo kurengera abaturage kavukire mu bihugu yo mu 1989 yatangiye gushirwa mu ngiro.

Abantu bavutse uyu munsi:

1897: Ella Schuler, umunyamerika wabayeho igihe kirekire ku isi nibwo yavutse aza kwitaba Imana mu mwaka w’2011.

1921: Jack Valenti, umukozi w’amafilm w’umunyamerika akaba ariwe wahimbye uburyo bwo guha film amanota bwa MPPA (MPPA film rating system) nibwo yavutse aza kwitaba Imana mu mwaka w’2007.

1946: Freddie Mercury ufite inkomoko muri Tanzania (Zanzibar), umuririmbyi wo mu itsinda Queen ari nawe wanditse nyinshi mu ndirimbo zakunzwe z'iri tsinda yaravutse aza kwitaba Imana muri 1991

1970: Liam Lynch, umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo akaba n’umucuranzi wa guitar w’umunyamerika nibwo yavutse.

1989: Jose Angel Valdes, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya Espagne nibwo yavutse.

1989: Kat Graham, umubyinnyi akaba n'umukinnyi wa filime wamenyekanye cyane muri filime y'uruhererekane Vampire Diaries nka Bonnie Bennet yaravutse

Abantu bapfuye uyu munsi:

2003: Gisele MacKenzie, umuririmbyikazi akaba n’umukinnyikazi wa film w’umunyamerika ufite inkomoko muri Canada yitabye Imana.

2012: Joe South, umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo akaba umuhanga mu gucuranga guitar w’umunyamerika yitabye Imana.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...