Guverinoma nshya y’u Rwanda iyobowe na Dr Ngirente Edouard wahawe izi nshingano na Perezida Paul Kagame tariki 30 Kanama 2017 agahita anarahira kuri uwo munsi. Abari batahiwe mu kurahira ni bagenzi be bagize Guverinoma nshya, bakaba barahiye kuri uyu wa Kane. Guverinoma nshya igizwe na ba Minisitiri 20 n’abanyamabanga ba leta 11.
KANDA HANO UREBE ABAGIZE GUVERINOMA NSHYA
Mu mpanuro Perezida Paul Kagame yabwiye abagize Guverinoma nshya y'u Rwanda, yabanje kubashimira kuba bemeye inshingano bahawe, abasaba gusenyera umugozi umwe bagateza imbere igihugu cy’u Rwanda. Perezida Kagame yagize ati:
Ndagira ngo rero mbashimire namwe kwemera izo nshingano no kwiyemeza ko zizubahirizwa. Ndagira ngo mbanze nshimire Minisitiri w’Intebe na we warahiye, akaba agiye no kuyobora iyi Guverinoma igiyeho ndibwira ko hazaba ubufatanye bwo kugira ngo twuzuze inshingano zacu. N’aba baminisitiri n’abanyamabanga ba leta bazafasha Minisitiri w’Intebe, twese tugafatanya tugateza igihugu cyacu imbere (..)

Perezida Kagame mu muhango w'irahira ry'abagize Guverinoma nshya
MU MAFOTO REBA UKO BYARI BIMEZE

Perezida w'u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame


Abayobozi banyuranye mu kurahirira inshingano bahawe

KABONEKA Francis, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu

BUSINGYE Johnston, Minisitiri w’Ubutabera akaba n'Intumwa Nkuru ya Leta

Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo

Tumushime Francine, Minisitiri w’Ubutaka n’Amashyamba

Gen. KABAREBE James, Minisitiri w’Ingabo

UWIHANGANYE Jean de Dieu, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu

Madamu UWACU Julienne, Minisitiri w‘Umuco na Siporo

Dr. BIRUTA Vincent, Minisitiri w’Ibidukikije

MUSHIKIWABO Louise, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane, n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba

MUSONI James, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Dr. GASHUMBA Diane, Minisitiri w’Ubuzima



Dr. MUSAFIRI Papias Malimba, Minisitiri w'Uburezi

RWAMUKWAYA Olivier, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro

Harelimana Cyriaque, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Iterambere ry’Abaturage

















UWIZEYIMANA Evode, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi Mategeko

Ubwo Perezida Kagame yagezaga ijambo ku bari muri uyu muhango

Dr Frank Habineza nawe yari ahabaye

Abayobozi mu nzego zinyuranye


Ibyishimo byari byose

Bamwe mu bo mu miryango y'aba bayobozi barahiye

Bafashe ifoto y'urwibutso hamwe na Perezida Kagame

Uyu mwana muto cyane yishimiye gusuhuza Perezida Kagame









Henri Jado Uwihanganye n'umuryango we nabo bafashe ifoto y'urwibutso hamwe na Perezida Kagame
AMAFOTO: Village Urugwiro
