Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2017 i Kibagabaga kuri Beirut habereye igitaramo cyo kwishimira ko Coke Studio yatangiye gukorana n’abanyarwanda. Bruce Melodie na Liliane Mbabazi ni bo bataramiye abari muri iki gitaramo.
Bruce Melodie nkuko yari yabyijeje abanyamakuru,muri iki gitaramo yerekanye ubuhanga bukomeye yungukiye muri Coke Studio,aho benshi batashye banyuzwe n’umuziki we wari uryoheye amatwi n’amaso. Bruce Melodie na Liliane Mbabazi bishimiwe cyane muri iki gitaramo cyaranzwe n’umuziki w’umwimerere.
Kwinjira muri iki gitaramo byari ubuntu ndetse n’icyo kurya cyari ubuntu, ariko icyo kunywa ukakigurira. Twabibutsa icyo kunywa cyari gihari ari Fanta ya Coca Cola. Nyuma y'igitaramo habayeho irushanwa ry'aba Dj barushanwa kuvangavanga imiziki. Liliane Mbabazi yabwiye abanyamakuru ko mu bahanzi nyarwanda akunda harimo Bruce Melodie na Yvan Buravan.
REBA MU MAFOTO UKO BYARI BIMEZE
Aba basore bigaragaje cyane
Kubyina ni ibintu bye,..
Abana bato ntibacikanywe,. hari ibinyobwa bidasindisha,... Coca Cola
Iki gitaramo ntigisanzwe,.. kwinjira ni ubuntu no kurya ni ubuntu
Liliane Mbabazi kuri stage ni uku yari yambaye
Yacuranze umuziki w'umwimerere abantu bararyoherwa
Bruce Melodies yabaririmbiye zimwe mu ndirimbo ze zikunzwe
Bafatanyije na Bruce Melodie kubyina umuziki
Bruce Melodie aganira n'itangazamakuru
Yanga wamamaye mu gusobanura filime mu kinyarwanda na we yari yaje kwihera ijisho iki gitaramo
Aba Dj ni bo basoje igitaramo barushanwa kuvangavanga imiziki
AMAFOTO: IRADUKUNDA DESANJO-INYARWANDA.COM
TANGA IGITECYEREZO