RFL
Kigali

Umuhanzikazi Ray C wo muri Tanzania agiye gukorera urugendo rw’icyumweru mu Rwanda

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:24/08/2017 12:01
1


Ray C ni umwe mu bahanzikazi bubatse izina rikomeye muri muzika ya Tanzania, kuri ubu agiye kuza mu Rwanda mu rugendo rw’akazi ruzamara icyumweru cyose azenguruka ibitangazamakuru binyuranye yamamaza ibihangano bye.



Uyu muhanzikazi ni we watangaje bwa mbere aya makuru abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram dore ko yatangaje ko agiye kuza mu Rwanda muri ‘Unanimaliza tour’ akaba ari urugendo agiye gukorera mu Rwanda yamamaza indirimbo ye ‘Unanimaliza’ aho ateganya kuzenguruka ibitangazamakuru ndetse byanamukundira agakora n’ibitaramo muri Kigali.

Ray CRay C niwe wabyitangarije ku ikubitiro

Uru rugendo rwa Ray C ruzatangira tariki 5 Nzeri rurangire tariki 12 Nzeri 2017. Ibi bikaba byatangajwe na Rama umusore uri gufasha uyu muhanzikazi mu rugendo rwe ari nawe waduhamirije aya makuru. Twabibutsa ko uyu Rama uri gufasha Ray C mu rugendo rwe ari n’umujyanama w’umuhanzikazi Marina.

REBA HANO IYI NDIRIMBO RAY C AZABA ARI KWAMAMA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • SALOME6 years ago
    karibu sana kipenzi,MUNGU AKUSAIDIE





Inyarwanda BACKGROUND