RFL
Kigali

Sugira Ernest intwaro byitezwe ko izafasha Amavubi mu kwishyura Uganda Cranes

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:14/08/2017 13:12
4


Sugira Ernest umaze iminsi atandukanye na AS Vita Club yasinyiye ikipe ya APR FC amasezerano y’umwaka umwe mbere yuko Antoine Hey amuhamagara mu bakinnyi bari mu mwiherero wo kwitegura umukino u Rwanda rufitanye na Uganda kuwa Gatandatu tariki 19 Kanama 2017.



Sugira Ernest yahamagawe muri aba bakinnyi nyuma yuko Mubumbyi Bernabe wifashishwaga muri iyi kipe y'abakina imbere mu gihugu atazakina umukino utaha bitewe n’amakarita abiri y’imihondo amaze kubona muri uru rugendo.

Aganira na FERWAFA, Antoine Hey yavuze ko yatumyeho Sugira na Mugisha Gilbert mu rwego rwo kuzuza imyanya ibiri irimo uwa Rucogoza Aimable Mambo utazakina kubera amakarita abiri y’umuhondo cyo kimwe na Mubumbyi Bernabe.

Muri uyu mukino uzabera kuri sitade ya Kigali, Amavubi azaba yagaruye Ndayishimiye Eric Bakame utarakinnye umukino ubanza kubera amakarita abiri y’umuhondo.

Sugira Ernest yakinnye imikino ya CHAN 2016 akiri muri AS Kigali ubu agiye kuyikina ari muri APR FC

Sugira Ernest yakinnye imikino ya CHAN 2016 akiri muri AS Kigali ubu agiye kuyikina ari muri APR FC

Rayon Sports yaguze Mugisha Gilbert inongera amasezerano ya Ndayishimiye Eric Bakame

Mugisha Gilbert nawe ni undi rutahizamu uri kwitegura umukino wo kwishyura Uganda Cranes






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nsengimana alphonse6 years ago
    Sugirase yadukuye mwisoni oh mana waba ugira amaboko pe!!!!!!
  • Sebastien 6 years ago
    ubuse murareba mugasanga Sugira niwe warangiza ikibazo cyamavubi ikibazo kiri hejuru muri Ferwafa ubwo rero nta mpanvu yo gushakira ikibazo aho kitari
  • Jimmy6 years ago
    njyew ahubwo mbabazwa nubusa bonno amfrg yagafashije ipfubyi nabapfakazi; NGO baha abbazungu bari bakwiye kuyabima bakayaha abayakwiy rwose.ubuse mwombwir gte uko umutoz uwo ariwese aguma inyuma aho kujya imbere??
  • Sebastien 6 years ago
    ariko Abanyarwanda bakunda umupira wa maguru twaragowe ubu koko ninde uzadukiza abatobanga Football yo mu Rwanda byose bifpira hejuru muri Ferwafa ni gute wafata umu défenseur nka mambo ugasiga ba Sadam,Ange,hari nabandi benshi hagati ni gute wasiga Muhadjili wa APR kandi ari tayari ntibyunvikana kabisa cyakoze Mambo we mwakoze ibara reka bibagaruke ubuse mwari muteze umusaruro koko mureke amarangamutima mushiremo ubikwiye utabikwiye mumureke kuko muri gusebya igihugu cyu Rwanda mu mahanga politique y'umupira wa maguru nidahinduka nta terambere muteze kuzabona. murakoze





Inyarwanda BACKGROUND