RFL
Kigali

Kuri uyu wa Kane Abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda baratora Perezida

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/08/2017 7:01
0


Kuri uyu wa Kane tariki 3 Kanama 2017 ni umunsi w’amatora ya Perezida ku banyarwanda baba hanze y’u Rwanda. Abanyarwanda baba mu Rwanda bo bazatora ku munsi ukurikiyeho ni ukuvuga kuwa Gatanu tariki 4 Kanama 2017.



Aya matora ya Perezida w’u Rwanda abaye nyuma y’aho abakandida bahatanira kuba Perezida bamaze iminsi biyamamariza hirya no hino mu gihugu,bagatangariza abaturage imigabo n’imigambi yabo. Ibikorwa byo kwiyamamaza bikaba byasojwe kuri uyu wa 2 Kanama 2017.

Twabibutsa ko abakandida batatu ari bo bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, abo bakandida ni: Dr Frank Habineza watanzwe na Democratic Green Party ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Mpayimana Philippe, umukandida wigenga na Kagame Paul watanzwe na FPR Inkotanyi. Twabibutsa kandi ko Perezida ugiye gutorwa azayobora manda y’imyaka 7. Komisiyo y’igihugu y’amatora mu Rwanda, yatangaje ko tariki 4 Kanama 2017 abanyarwanda bazarara bamenye Perezida watowe.

Image result for Kagame, Frank na Mpayimana

Paul Kagame, Philippe Mpayimana na Frank Habineza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND