Umupfumu Rutangarwamaboko yakoze ubukwe bw’umwimerere wo mu muco nyarwanda-AMAFOTO

Imyidagaduro - 31/07/2017 9:13 AM
Share:
Umupfumu Rutangarwamaboko yakoze ubukwe bw’umwimerere wo mu muco nyarwanda-AMAFOTO

Kuri iki cyumweru tariki 30.07/2017 ni bwo umupfumu Rutangarwamaboko yahekewe umugeni yakoye ari we Umuziranenge Sana Cynthia. Ubu bukwe bwabereye ku gasozi Rutangarwamaboko avukaho mu Bibungo bya Mukinga, i Nyamurasa mu Karere ka Kamonyi intara y’Amajyepfo.

Nzayisenga Modeste Rutangarwamaboko yamenyekanye cyane nk’umupfumu n’umuvuzi gakondo bituma u Rwanda rwose rumenya iryo zina kuko bitari bisanzwe ko umuntu yiyemerera ko ari umupfumu mu bihe bya none.

Ku itariki 16/07/2017 ni bwo umuryango wa Nzayisenga Modeste wagiye kumusabira umugeni, nk’uko Rutangarwamaboko agendera ku muco nyarwanda, imigenzo yo gusaba yakozwe we na Cynthia badahari kuko mu muco nyarwanda basabaga umugeni umusore n’uwo asaba badahari ahubwo imiryango ikaba ariyo iganira.

Rutangarwamaboko

Rutangarwamaboko n'umugeni we Umuziranenge Sana Cynthia

Mu bukwe bwabaye kuri iki cyumweru, bwari bwizuyemo ibyasaga nk’udushya ku bantu benshi kuko bwakozwe Kinyarwanda guhera mu mizi, Rutangarwamaboko n’umugeni we bari bambaye imyenda isa nk’ikozwe mu ruhu ndetse hari inyambo, mu mwanya wo gukata imitsima isanzwe imenyerewe ya kizungu, bariye umutsima w’amasaka ndetse hari n’andi mafunguro ya Kinyarwanda.

Abazi Rutangarwamaboko mu buzima busanzwe bemeza ko ari umugabo w’imfura kandi uzi kubana neza, bitandukanye cyane n’uko hari abantu banamutinya cyangwa bakamufata nk’umurozi. Ikindi kandi, ubuganga akoresha bwa gakondo bwiyongera ku mpamyabumenyi y’ikirenga asanganwe mu by’ubuganga nk’uko Inyarwanda.com yabitangarijwe n’umwe mu bamuzi bya bugufi.

Reba uko ubu bukwe bwagenze mu mafoto:

Rutangarwamaboko

Umugeni bamuzanye bamuhetse mu ngobyi nk'uko byahoze cyera mu muco nyarwanda

Rutangarwamaboko

Ubukwe bwa Rutanga bwarimo ibyo kurya bya kinyarwanda

RutangarwamabokoUmupfumu Rutangarwamaboko

Umupfumu Rutangarwamaboko hamwe n'umugeni we

Umupfumu Rutangarwamaboko

Rutangarwamaboko

Hari abantu benshi muri ubu bukwe, nta wahejwe

Dore uko byari byifashe mu muhango wo gusaba:

Abaje gusaba umugeni baje bitwaje inzoga za kinyarwanda

Umupfumu Rutangarwamaboko yasabye aranakwa, mu bukwe butarimo abageni - Amafoto

Yaba umusore ndetse n'umugeni ntibagaragaye muri iyi mihango

Inka Rutangarwamaboko yatanzeho inkwano

Rutangarwamaboko yagaragaye mu muhango wo kwinegura

REBA HANO VIDEO Y'UKO BYARI BIMEZE MURI UBU BUKWE


Kanda hano usome inkuru irambuye y'ikiganiro Rutangarwamaboko yagiranye na Inyarwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...