RFL
Kigali

Madonna yasabye urukiko guhagarika guteza cyamunara ibaruwa Tupac Shakur yanditse ubwo yari muri gereza

Yanditswe na: Fred MASENGESHO
Taliki:19/07/2017 18:04
1


Madonna yamaze gushyikiriza ubusabe bwihuse urukiko rwo mu mujyi wa New York bwo guhagarika kugurisha muri cyamunara ibaruwa uwahoze ari umukunzi we,Tupac Shakur yanditse ubwo yari muri gereza.Madonna yavuze ko adashobora kurebera iki gikorwa kuko ngo abafite iyi baruwa bayibye mu rugo rwe.



Mu nyandiko zikubiyemo ubu busabe Madonna avuga ko yatunguwe cyane n’iyi cyamunara ndetse akavuga ko atigeze amenya ko ibintu nk’ibi byaba biri mu byo atunze ndetse ngo akeka ko uwahoze ari inshuti ye akaba n’umunyabugeni,Darlene Lutz yaba ari we watwaye iyi baruwa.Aya ni yo makuru urukiko rwagendeyeho rusaba urubuga Gottahaverockandroll ko rwahagarika igikorwa cyo kugurisha iyi baruwa.

the letter

Aka ni agace kamwe kagize ibaruwa Tupac yanditse, Madonna yanze ko igurishwa muri cyamunara.

Iyi baruwa Madonna yasabye ko itagurishwa cyamunara ni iyo Tupac yanditse ubwo yari muri gereza  avuga ko yahagaritse gukundana na Madonna kubera ko ari umuzungukazi.

Source:TMZ






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • cialis alternative2 years ago
    cialis coupon <a href="https://cialiswithdapoxetine.com/#">cialis with dapoxetine overnight to</a>





Inyarwanda BACKGROUND