Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 9 Nyakanga 2017 ni bwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bufatanye na Azam TV bakoze umuhango wo gutanga ibihembo ku makipe n’abantu ku giti cyabo bagize ibyo bakora byo gushimwa. Kwizera Pierrot yabaye umukinnyi w’umwaka cyo kimwe na Masud Djuma mu cyiciro cy’abatoza.
Kwizera Pierrot Mansare yatwaye iki gihembo ku nshuro ya kabiri dore ko n’umwaka ushize yari yagitwaye, yahawe igihembo giherekejwe na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1.000.000 FRW). Irambona Masud Djuma umutoza mukuru wa Rayon Sports yahembwe nk’umutoza w’umwaka w’imikino 2016-2017 nyuma yo kuba yaratwaye igikombe cya shampiyona.
Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC yahembwe nk’umutoza wakoze ibyo abantu batari biteze aho yafashe ikipe ya Police FC yarangije ku mwanya wa gatanu (5) mu mwaka w’imikino 2015-2016 akayizamura akayigeza ku mwanya wa kabiri muri uyu mwaka ushize.
Dore uko ibihembo byagiye bitangwa:
Umukinnyi w’umwaka:
1.Kwizera Pierrot (Rayon Sports)
Umukinnyi ukiri muto utanga ikizere:
1. Biramahire Abdey (Police Fc)
Umunyezamu w’umwaka:
1.Ndayishimiye Eric (Rayon Sports Fc)
Umutoza w’umwaka:
1. Irambona Massoud Djuma (Rayon Sports Fc)
Umufana w’umwaka:
1. Asman (AS Kigali)
2. March Generation (Rayon Sports Fc)
3.Online Fan Club
4.Gikundiro Forever
Umusifuzi (hagati) w’umwaka:
1. Twagirumukiza Abdoulkalim
Umusifuzi (Ku ruhande) w’umwaka:
1. Ndagijimana Theogene
Ufite ibitego byinshi: Usengimana Danny (19)
Umutoza utanga ikizere:
1. Seninga Innocent (Police Fc)
Igitego cy’umwaka:
1. Rusheshangoga Michel (APR Fc)
Kwizera Pierrot ahabwa igihembo cy'umukinnyi w'umwaka
Ndayishimiye Eric Bakame umunyezamu w'umwaka
Seninga Innocent aganira n'umufasha we mbere yo kujya kwakira igihembo
Seninga Innocent ahabwa igihembo
Seninga Innocent ashimira Azam TV, Police FC n'umufasha we
Masud Djuma yabaye umutoza w'umwaka
Twagirumukiza Abdoulkalim umusifuzi wo hagati witwaye neza
Ikipe y'umwaka w'imikino 2016-2017
Bamwe mu bakinnyi bari mu ikipe y'umwaka
Rusheshangoga Michel ahemberwa igitego yatsinze Sunrise FC
Rusheshangoga Michel
Ndagijimana Theogene umwe mu basifuzi mpuzamahanga u Rwanda rufite basifura ku ruhande yabihembewe
Ndagijimana Theogene
Danny Usengimana ahabwa igihembo ku bitego bye 19 yatsinze muri shampiyona
Danny Usengimana
CIP Mayira Jean de Dieu umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa Police FC ni we wakiriye igihembo cya Polisi y'u Rwanda ku ruhare bagira mu kubungabunga umutekano ku bibuga n'amasitade
Uhereye ibumoso: Biramahire Abedy wahawe igihembo cy'umukinnyi ukiri muto utanga icyizere, Usengimana Danny watsinze ibitego byinshi, Seninga Innocent wahembwe nk'umutoza wakoze ibitari byitezwe, Muvandimwe JMV waje mu ikipe y'umwaka na Mico Justin
Danny Usengimana n'umutoza we Seninga Innocent
Biramahire Abedy yahembwe nk'umukinnyi ukiri muto utanga icyizere
Kwizera Pierrot Mansare (ibumoso), Masud Djuma Irambona (hagati) na Ndayishimiye Eric Bakame (iburyo)
AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.COM
TANGA IGITECYEREZO