Ibindi byinshi utari uzi kuri NIKUZE "CityMaid" uri guhatanira igihembo cy’umukinnyi wa Filme ukunzwe - VIDEO

Imyidagaduro - 06/07/2017 8:00 AM
Share:
Ibindi byinshi utari uzi kuri NIKUZE "CityMaid" uri guhatanira igihembo cy’umukinnyi  wa Filme ukunzwe - VIDEO

Laura Musanase benshi bamenye nka Nikuze muri filime y’uruhererekane ‘City Maid’ ikorwa na INYARWANDA Ltd ni umwe mu bakinnyi 10 b’abagore barimo guhatanira igihembo cy’umukinnyi wa filime ukunzwe kurusha abandi mu irushanwa rya Rwanda Movie Awards.

Laura Musanase ni umukobwa w’umunyarwandakazi w’imyaka 24  wavukiye mugihugu cya Tanzaniya nyuma yaje gutahukana n’umuryango we kuri ubu uyu mukobwa akaba atuye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Gisozi.

 

Uyu ni wo mwambaro ukunze kuranga  Nikuze  muri City Maid 

Laura wakundishijwe umwuga wo gukina filime n’inshuti ze,  filime y’uruhererekane  City Maid akinamo  ni yo filime yamenyekaniyemo, dore ko ari na yo filime yonyine amaze gukinamo.

Laura ni umwe mu bakinnyi bakunzwe n’abakurikirana filime  nyarwanda  cyane abakunze kureba iyi filime y’uruhererekane itambutswa kuri Televiziyo y’u Rwanda, aho uyu mukobwa ari we mukinnyi wayo w’imena,  akaba ayikinamo yitwa Nikuze.

Laura mu buzima busanzwe atandukanye na Nikuze tubona muri City Maid

Mu kiganiro kirambuye yagiranye na INYARWANDA.COM  yadutangarije ibintu byinshi abakunzi batari bazi ndetse anahamya ko nubwo ari umukinnyi ukunzwe muri iyi filime ngo iyo arimo yigendera mu muhanda benshi mu bamureba ntibapfa kumenya ko ari Nikuze kuko uko asa muri filime bitandukana nuko ateye mu buzima busanzwe.

 

Reba hano ikiganiro kirambuye twagiranye gikubiyemo byinshi yadutangarije.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...