RFL
Kigali

Umuhanzi Dr Albert yambikanye impeta y’urudashira n’umukunzi we-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/07/2017 13:32
3


Umuhanzi Dr Albert Ndikumana ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu njyana ya Rock yambikanye impeta y’urudashira n’umukunzi we Kiyobe Merry mu muhango wabaye kuri uyu wa 1 Nyakanga 2017 ukabera muri Zion Temple mu Gatenga.



Dr Albert Ndikumana ni umuhanzi uzwi mu ndirimbo: HozanaTuridegembya, You are welcome yakoranye na Eloge n'izindi, mu buzima busanzwe akaba akora umwuga w'ubuganga. Ubukwe bwa Dr Albert na Kiyobe Merry bubaye nyuma y’amezi macye bahishuye ko bakundana dore ko tariki 2 Mutarama 2017 ari bwo umusore yateye ivi mu birori yari yatumiyemo inshuti ze.

Mu mpera z'icyumweru gishize, Dr Albert n’umukunzi we Kiyobe Merry bakoze ubukwe bubereye ijisho ubwo basezeranaga imbere y’Imana mu muhango wabereye muri Zion Temple mu Gatenga nyuma y'aho abatumiwe bajya kwiyakirira i Gikondo muri Salle iherereye mu mudugudu wo kwa Rujugiro.

Dr Albert

Dr Albert yambika impeta umukunzi we

Dr Albert na Kiyobe bari bambariwe na bamwe mu bantu bazwi mu muziki nyarwanda aho twavugamo umuhanzi Yvan Buravan, umunyamakuru Kate Gustave, Ronnie Gwebawaya, Juliet Tumusiime n’abandi. Mu bari babambariye kandi hari harimo n'abazungu bari bajyanishije n'abandi bambariye aba bageni, ibintu wabonaga bibereye ijisho. 

Muri ibi birori, Dr Albert yaririmbiye umukunzi we Kiyobe indirimbo irimo imitoma ishimangira urwo amukunda. Abandi bataramiye abari muri ibi birori harimo: Umuhanzi Aime Uwimana,Drama team yo muri Zion Temple na Asaph yahagurukije abari muri ibi birori hafi ya bose barimo n'abageni, bagafatanya gucinya umudiho bashimira Imana yakoreye ubukwe bwiza Dr Albert na Kiyobe ndetse banayisaba kuzabana nabo ubuzima bwabo bwose. 

Dr Albert

Dr Albert yaririmbiye umukunzi we ati "Nitakupenda kuliko jana"

Twabibutsa ko tariki 24 Kamena 2017 ari bwo  Dr Albert yakoze imihango yo gusaba no gukwa, asabirwa na Dr Kanimba Pierre Célestin umuyobozi w'ivuriro ‘La Médicale’. Iyo mihango yabereye iwabo w’umukobwa mu karere ka Ngoma. Dr Albert na Kiyobe basezeranye imbere y’amategeko ya Leta tariki 22 Kamena 2017. 

REBA AMAFOTO Y'UKO BYARI BIMEZE MU BUKWE BWA DR ALBERT NA KIYOBE MERRY

Dr Albert

Kate Gustave

Umunyamakuru Kate Gustave (iburyo) yari mu bukwe bwa Dr Albert

Dr Albert

Mu bambariye Dr Albert na Kiyobe hari harimo n'abazungu

Dr Albert

Dr Albert

Dr Albert

Yvan Buravan na Ronnie ni bamwe mu bari bambariye Dr Albert

Dr Albert

Kiyobe Merry ati "Abakobwa banjye bari he ngo twifotoze"

Dr Albert

Akanyamuneza kari kose ku bageni no ku bakobwa bambariye Kiyobe

Dr Albert

Kiyobe Merry yasomye umukunzi we ubwo yari amaze kumuterura amwumvisha umunyenga

Dr Albert

Hano bari barimo gukata umutsima wa kizungu

Dr Albert

Inshuti zabo zabahaye impano

Dr AlbertDr Albert

Dr Albert

Aime Uwimana yaririmbiye abageni

Dr AlbertDrama Team

Iyi Drama team yashimishije benshi

Dr Albert

Dr Albert

Asaph yaririmbiye abageni barizihirwa cyane barahaguruka bafatanya nayo gutambira Imana

Dr Albert

Kanuma Damascene yaririmbiye abageni, umuzungu wari umuri inyuma ava mu bye amuhanga amaso

Dr AlbertDr Albert

Dr AlbertDr Albert

Umunyamakuru Juliet Tumusiime (uwa kabiri uhereye iburyo) yari yambariye umukobwa

Dr Albert

Dr Albert

Dr Albert yitegereza abakobwa bambariye umukunzi we

Dr AlbertDr AlbertDr Albert

Dr Albert

Dr Albert hamwe na Yvan Buravan wari wamwambariye

Dr Albert

Dr Albert hamwe n'umunyamakuru Ronnie

Dr Albert

Dr Albert hamwe n'abasore bamwambariye

Dr Albert

Dr Albert na Kiyobe Merry nyuma yo kwambikana impeta

Dr Albert

Juliet Tumusiime ntiyari kuva muri ubu bukwe adafashe 'Selfie' y'aba basore n'inkumi

Dr Albert

Bafashe 'Selfie' nk'urwibutso rw'ibihe byiza bagiriye mu bukwe bwa Dr Albert/Ifoto: Ronnie

AMAFOTO: MUGISHA Daniel

REBA HANO 'YOU ARE WELCOME' YA DR ALBERT







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • John6 years ago
    Ubukwe bwa Doditeri Albert ndabona bwagenze neza pee ariko c ko mbona ijisho yari hanze turiya dukobwa tubiri tumwegereye aho kureba Cyiyobe we! Ngaho da nzaba mbarirwa,wabona twaramwimye
  • Allen6 years ago
    Ngo "mu bamwambariye harimo n'abazungu" .niko se icyi n'ikihe kinyejana?Narinziko colonisation no kubona umuzungu nk'umukiza byajyanye n'ingoma ya cyami.Nabo ni abantu nk abantu ntimukabashyire hejuru kuko wowe ugiye iwabo ntaho bagushyira
  • Mushapa charles6 years ago
    Amazing wedding Dr.Albert and Mary Kiyobe !





Inyarwanda BACKGROUND