Diamond Platinumz yari akikijwe n’abapolisi benshi ubwo yerekezaga ku kibuga cy’indege cya DSM aho yari agiye kwakira Rayvanny wari umaze kwegukana Igihembo muri BET Awards 2017.
Nyuma y’uko umuhanzi Rayvanny ukorera indirimbo ze muri Wasafi,inzu itunganya umuziki yo muri Tanzaniya avuye muri Amerika muri BET Awards, Diamond nk’umuyobozi wa Wasafi yagiye kwakira umuhanzi wari umaze kubahesha ishema agatsindira igihembo mu cyiciro cya 'Viewer's Choice Best', gusa mu nzira Diamond yari ashagawe n’abapolisi benshi bagenda bakumira abaturage bazaga basatira Diamond bamufotora amafoto y’urudaca.
Rayvanny nyuma yo guhabwa BET AWARDS 2017
REBA AMAFOTO:
Photo: Millardayo
TANGA IGITECYEREZO