RFL
Kigali

Sandra Teta yafunguwe nyuma y'amezi hafi 4 amaze muri gereza

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:16/06/2017 15:51
5


Sandra Teta nyuma y’igihe afungiye muri gereza nkuru ya Kigali 1930 kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kamena 2017 yarekuwe ubu ari hanze nyuma yo kugirwa umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge.



Sandra Teta yatawe muri yombi muri Gashyantare 2017 aho yari akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheke itazigamiye. Yaje kuburana asaba gufungurwa agakurikiranwa ari hanze, gusa urukiko rwanzura ko agomba gufungwa iminsi 30 y’agateganyo nyuma akazaburanira mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge.

teta sandraSandra Teta ubu ari hanze

Nkuko Inyarwanda.com ibikesha inshuti ya hafi ya Sandra Teta, ni ko magingo aya Sandra Teta yamaze kurekurwa dore ko uru rubanza yamaze kurutsinda akagirwa umwere n’urukiko. Sandra Teta yabaye igisonga cya kabiri cya Miss SFB umwaka wa 2011, azwi cyane kandi mu gutegura ibirori binyuranye hano mu Rwanda.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • habumukiza6 years ago
    ihangane biaho ndacyagukunda
  • 6 years ago
    Naze akomeze uburaya
  • Janvier 6 years ago
    Nishimiye ifungurwa ryateta Uwabishobora akampa contact ziwe nkamuvugisha yabakoze Murakoze
  • yv6 years ago
    Good newz akomeze akore ntazacike intege njye simigaye nagacye namasomo yubuzima yacagamo
  • yale6 years ago
    ntatangire kutwifatira ngo bamugize umwere?? hahah ariko yeee





Inyarwanda BACKGROUND