RFL
Kigali

Ariana Grande yasuye abakiri mu bitaro bagizweho ingaruka n’igitero cy’iterabwoba cyabaye mu gitaramo cye

Yanditswe na: Editor
Taliki:3/06/2017 18:54
2


Mbere y’uko akora igitaramo yise ‘One love Manchester’ aho ibizavamo bizafasha abashegeshwe n’igitero cy’iterabwoba cyabaye tariki ya 22 Gicurasi uyu mwaka bamwe bakahasiga ubuzima abandi bakajyanwa mu bitaro, Ariana Grande yasuye abakiri mu bitaro.



Uyu muhanzikazi yagiye asura buri cyumba kirimo abarwayi ari nako yifotozanya n’abana bato bakomerekeye muri kiriya gitaramo bose. Inkuru dukesha urubuga TMZ ivuga ko iki gitaramo Ariana Grande agiye gukorera mu Bwongereza kigamije gufasha abibasiwe n’iki gitero kizabera ahitwa Old Trafford mu mujyi wa Manchester ku kibuga cy’umukino wa kirikeketi (cricket) ku cyumweru tariki 4 Kamena uyu mwaka wa 2017.

Iki gitaramo kandi kizitabirwa n’ibindi byamamare mu muziki birimo nka Miley Cyrus,Justin Bieber,Coldplay n’abandi benshi bazaba baje gutera ingabo mu bitugu Ariana Grande Butera muri iki gitaramo.

Ariana Grande mu bitaro aho yasuye abakomerekeye mu gitaramo cye cy'ubushize






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • yv6 years ago
    good things
  • 6 years ago
    good





Inyarwanda BACKGROUND