RFL
Kigali

Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma ategura guhura na Maroc, abafana bagira icyo bibutsa Haruna-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:1/06/2017 14:19
0


Kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Kamena 2017 ni bwo ikipe y’igihugu Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma itegura umukino bafitanye na Maroc kuri uyu wa Gatanu muri gahunda yo kwibuka abari bafite aho bahurira n’umupira w’amaguru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.



Maroc ni cyo gihugu rukumbi cyemeye kwitabira ubutumire mu bihugu 13 byari kuzaba bikina iri rushanwa. Nyuma y’imyitozo abakinnyi bahuye n’abafana bababwira ibyifuzo byabo bafite ku ikipe y’igihugu.

Claude Muhawenimana umuyobozi mukuru w’abafana ba Rayon Sports n’Amavubi, yabwiye Haruna Niyonzima (uhagarariye abandi bakinnyi) ko abafana icyo bakumbuye ari ibyishimo bituruka ku intsinzi y’Amavubi.

Haruna Niyonzima yababwiye ko igihe kibaye kinini Amavubi adashimisha abanyarwanda ariko abizeza ko igihe kigeze kugira ngo bishime kandi ko yabizeza neza ko abakinnyi ayoboye biteguye kubikora.

Abafana kandi bakomeje kumwibutsa ko bakumbuye igitego cye mu Mavubi, ababwira ko byose bishoboka ko yakibabonera haba kuri uyu wa Gatanu cyangwa mu yindi mikino.

Mu bakinnyi bakina hanze bakoze imyitozo kuwa Gatatu, hari hiyongereyemo Nirisarike Salomon waje asanga Emery Bayisenge, Mugiraneza Jean Baptiste Miggy naJacques Tuyisenge.

 Haruna Niyonzima kapiteni w'Amavubi aganira n'abafana

Haruna Niyonzima kapiteni w'Amavubi aganira n'abafana

Nirisarike Salomon (ibumoso) na Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (iburyo) bumva icyo Haruna avuga

Nirisarike Salomon (ibumoso) na Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (iburyo) bumva icyo Haruna avuga

Muhawenimana Claude abwira Haruna icyo abafana bifuza

Muhawenimana Claude abwira Haruna icyo abafana bifuza

Rujugiro ashyushya abafana

Rujugiro ashyushya abafana bagenzi be

Abakinnyi bahura n'abafana

Abakinnyi bahura n'abafana

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy arangije imyitozo asnga abafana

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy arangije imyitozo asanga abafana

Aha imyitozo yarenzwagaho isengesho

Aha imyitozo yarenzwagaho isengesho

ANDI MAFOTO Y'IMYITOZO

Gukuramo Penaliti ntacyo wabeshya Kwizera Olivier

Gukuramo Penaliti ntacyo wabeshya Kwizera Olivier

Emery Bayisenge ukinira KAC Kenitra muri Maroc

Emery Bayisenge ukinira KAC Kenitra muri Maroc

Mico Justin yitoza kurekura ishoti

Mico Justin yitoza kurekura ishoti

Mugisha Gilbert wa Pepinieres FC yereka umutoza ko yarekura ishoti ibintu bikagenda neza

Mugisha Gilbert wa Pepinieres FC yereka umutoza ko yarekura ishoti ibintu bikagenda neza

Usengimana Danny -Police FC arekura umuzinga ugana mu izamu

Usengimana Danny -Police FC arekura umuzinga ugana mu izamu

Abafana b'Amavubi

Abafana b'Amavubi

Mico Justin ku muvuduko

Mico Justin ku muvuduko

Mashami Vincent umutoza wungirije w'Amavubi

Mashami Vincent umutoza wungirije w'Amavubi

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy  yitoza ibijyanye no kuvuduka

Tuyisenge Jacques ajya inama na Mashami Vincent

Tuyisenge Jacques ajya inama na Mashami Vincent

Nzarora Marcel umunyezamu wa Police FC

Nzarora Marcel umunyezamu wa Police FC

Emery Bayisenge

Emery Bayisenge

Haruna Niyonzima

Haruna Niyonzima

Abakinnyi bishyushya

Abakinnyi bishyushya

Antoine Hey umutoza mukuru w'Amavubi yigaragaza mu bijyanye no kunobagiza

Antoine Hey umutoza mukuru w'Amavubi yigaragaza mu bijyanye no kunobagiza

Nirisarike Salomon

Nirisarike Salomon 

Tuyisenge Jacques ukinira Gormahia FC

Tuyisenge Jacques ukinira Gormahia FC

Abakinnyi bagorora ingingo

Abakinnyi bagorora ingingo

Antoine Hey kunama kwe ni uku

Antoine Hey kunama kwe ni uku......

Emery Bayisenge agera ku kibuga

Emery Bayisenge agera ku kibuga

 Niyonzima Haruna afunga inkweto

Niyonzima Haruna afunga inkweto

Abakinnyi bagera ku kibuga baruhuka

Abakinnyi bagera ku kibuga baruhuka

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INAYRWANDA.COM







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND