RFL
Kigali

PGGSS7: Nyuma y’igitaramo cy’i Gicumbi abagize itsinda Active bongeye guhamya umwihariko w’iri tsinda –VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:1/06/2017 14:12
1


Ku wa Gatandatu tariki 27 Gicurasi 2017 ni bwo irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star7 ryari rigeze i Gicumbi, aha hakaba ariho habereye igitaramo cya kabiri cy’iri rushanwa, itsinda rya Active ni rimwe mu bahatanira iki gihembo bataramiraga i Gicumbi,iri tsinda ryamaze gutangaza umwihariko wabo bari no gukoresha muri iri rushanwa.



REBA HANO UKO IRI TSINDA RYITWAYE MU GITARAMO CYA PGGSS7 CYABEREYE I GICUMBI

Ibi babitangaje ubwo bari bamaze gutangaza ko i Gicumbi bakoze akazi gakomeye kandi babona ko abafana bishimiye akazi kabo, babajijwe ku mwihariko bakomeje kugaragaza wa Active iririmba ariko inabyina batangaje ko uyu ariwo mwihariko wa Active kuba baririmba banabyina, iri tsinda kandi ryahamije ko uko irushanwa riri gukura ariko bari gukura kandi babyitwaramo neza.

Active bitwaye neza i Gicumbi batangaje ko aribo bazaririmba bwa mbere mu gitaramo kizabera i Ngoma dore ko ariho bagomba gukurikizaho. Active babwiye umunyamakuru ko basaba abafana babo b’i Gicumbi kuzazinduka bakabafana ariko nanone basaba abafana babo muri rusange kubatora binyuze ku butumwa bugufi aho wandika umubare 1 ukohereza kuri 4343.

REBA HANO IBYO ABAGIZE IRI TSINDA BATANGAJE NYUMA Y'IGITARAMO CYA PGGSS7 I GICUMBI







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • beddy6 years ago
    Active rwose barabyumva





Inyarwanda BACKGROUND