RFL
Kigali

ADEPR: Hatowe komite isimbura abari muri gereza, Rev Karuranga Ephraim ni we muvugizi mukuru

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:30/05/2017 13:57
7


Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Gicurasi 2017 ni bwo muri ADEPR hotowe komite y’agateganyo isimbura abayobozi b’iri torero bari muri gereza nyuma yo gushinjwa ibyaha byo kunyereza umutungo wa ADEPR, nubwo bo babihakana.



Amatora y’iyi komiye y’agateganyo izamara igihe cy’amezi icumi dore ko izarangiza manda muri Werurwe 2018, yabereye ku Gisozi kuri Dove Hotel yitabirwa n'abantu 59 b'abanyamuryango b'Inteko Rusange ya ADEPR igizwe n'abayobozi b'indembo n'abayobora ADEPR mu Turere ndetse n'abandi bayobozi bakuru muri ADEPR. Uwatowe nk’umuvugizi mukuru wa ADEPR ni Rev Karuranga Ephraim wari umuyobozi wungirije w'Ururembo rw'Amajyaruguru. Uyu akaba yasimbuye Bishop Sibomana Jean uherutse gutabwa muri yombi na Polisi y’u Rwanda.

ADEPR

Komite nshobozi nshya ya ADEPR iyobowe na rev Karuranga Ephraim

Rev Pastor Karangwa John wari usanzwe ari umuyobozi w’ururembo rwa ADEPR Uganda (PCI Uganda) yabaye umuvugizi wungirije wa ADEPR asimbura Bishop Tom Rwagasana Rwagasana na we uri mu gihome akurikiranyweho kunyereza umutungo wa ADEPR. Mutuyemariya Christine wari ufite imari ya ADEPR mu nshingano ze ariko akaba ari mu gihome, yasimbuwe na Madame Umuhoza Aurelie wari umukristo usanzwe mu itorero rya ADEPR Remera, akaba yatowe ku majwi 58 n'imfabusa imwe. Madame Umuhoza yari asanzwe akorera muri RSSB mu ishami ry'Icungamutungo, akaba afite impamyabumenyi y'icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza.

Komite nshya ya ADEPR

Karuranga na Karangwa batowe n'abantu 58, ijwi rimwe riba imfabusa

Pastor Ruzibiza Viateur wari ushinzwe itangazamakuru, Isanamitima, Ubumwe n'ubwiyunge muri ADEPR,yatowe ku majwi 58 n'imfabusa imwe ku mwanya w'umunyamabanga mukuru w'itorero ADEPR. Umujyanama wa ADEPR yabaye Pastor Nsengiyumva Patrick wari umuyobozi w'urubyiruko rwa ADEPR ku rwego rw'igihugu, akaba yasimbuye Pastor Nkuranga Aimable wari umujyanama wa ADEPR mu by'imari n'ubutegetsi ndetse uyu Nkuranga akaba ari na we muyobozi rukumbi muri komite yari iyobowe na Bishop Sibomana Jean utaratawe muri yombi na Polisi y'u Rwanda. Tariki ya 29 Gisurasi 2017 akaba ari bwo Pastor Nkuranga yeguye ku mirimo ye.

Rev Rurangirwa Emmanuel uyobora Ururembo rw'Umujyi wa Kigali ni umwe mu bantu bahabwaga amahirwe menshi yo gusimbura Bishop Sibomana Jean, gusa byarangiye amahirwe atamusekeye kuko atigeze aboneka mu batowe, ndetse hari amakuru avuga ko bamwe banze kumutora kuko ngo bamubona mu ndorerwamo y'abayobozi ba ADEPR bari muri gereza.

Image result for Rurangirwa Emmanuel Inyarwanda

Rurangirwa Emmanuel wari ufite inyota yo gusimbura Bishop Sibomana

Rev Rurangirwa uyobora insengero za ADEPR zose zo mu mujyi wa Kigali ni we watumije iyi nama yabereyemo amatora ndetse akaba yari yayise inama idasanzwe, birangira adahawe amahirwe yo gutorwa n'ubwo ngo yari afite icyizere cyo kwicara mu ntebe y'icyubahiro za Bishop Sibomana, ahubwo umuvugizi mukuru aba Karuranga batakekaga ndetse akaba uatajya yumvikana mu itangazamakuru. 

Komite y'agateganyo ya ADEPR isimbura iyayoborwaga na Bishop Sibomana Jean

Umuvugizi mukuru: Rev Karuranga Ephraim

Umuvugizi wungirije: Rev Karangwa John

Umunyamabanga: Pastor Ruzibiza Viateur

Umujyanama mukuru: Pastor Nsengiyumva Patrick

Ushinzwe imari ya ADEPR:Madame Umuhoza Aurelie 

Komite nshya ya ADEPR

Komite nyobozi nshya ya ADEPR

ADEPR

Madame Umuhoza Aurelie avuga ijambo nyuma yo gutorwa

ADEPR

Bapfukamye hasi barambikwaho ibiganza n'abakozi b'Imana






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • emmanuel6 years ago
    Uwiteka abashyigikire kandi abane nabo kubera umurimo ukomeye ubategereje.
  • Akumiro6 years ago
    Amadini y'inzaduka! Ubundi bagira inda zingana kuriya ntibibe?
  • Angel 6 years ago
    YOOOOOHHHHH Karuranga rwose.Njye nari umukristo wa ADEPR kera ariko ubusinkibarizwamo ariko nshimye Imana cyane ibahaye uyu mu Pasteur nkumuyobozi ni ukuri Imana iyo yimika uyu mugabo ni umunyakuri cyane ni umunyamasengesho bikomeye kandi yuzuye guca bugufi ntaguushidikanyako Imana ariyo imubatoranirije pe.Gusa christo azamushoboze ntakindi namusabira.
  • ndumuiwe6 years ago
    Mbega muri hallelua! ibi ni ibiki koko ! none se iyo umushumba aguye intama ziramuribata koko! Murambabaje pe; twebwe mu kabari iyo turi kurisoma uwaje gusengera agasinda akagwa dutereka amacupa hasi tukajya kumubyutsa naho mwebwe uwanyu mumuribatira aho yaguye! MBEGA MURI YESU ASHIMWE IBYO BAKOZE
  • Izina6 years ago
    Hhhh babahe kbsa
  • gasana6 years ago
    Niba koko Rev. Karuranga aca bugufi, yitegure kubikora cyane kuko umwungirije Pst John Karangwa arangwa no kutajyishwa inama no kwerekana ko ariwe uzi ibintu byose. Pst KARANGWA Imana yonyine niyo yo kumuhindura akayikorera by ukuli naho ubundi ashobora kuzabangamira abo bagomba gukorana nka committee yatowe.
  • 6 years ago
    Aba bakozi b'Imana bo ntago barikwihangana ngo ibibazo birangire barebe ko bagenzi babo bahuhuye n'ibibazo birangira bakabona gushinga nyobozi ra? igihe bagasengeye bagenzi babo tayari bahise bihutira kugaragaza inyota hhhh, nibashake mumaso h'Imana mbere yabyose ibisigaye ninyongera hhh





Inyarwanda BACKGROUND